Babahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma kuri uyu wa Gatandatu bararirimba Live
Abahanzi 10 bari muri PGGSS II kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 23 Kamena 2012 barataramira abanyarwanda mu gitaramo kizaca Live kuri RTV no ku mbuga nka IGIHE.com. Iki gitaramo kizatangira ahagana saa yine z’ijoro kibere I Gikondo mu mahema y’ahasanzwe habera imurika gurisha.
Muri iki gitaramo, abahanzi bose bazaririmba live kandi babyine banashimishe abafana mu buryo butandukanye. Charlotte Rulinda, umwe mu bafatanije n’aba bahanzi kwitoza, aganira na IGIHE yavuze ko bamaze ukwezi bitegura.
Yavuze kandi ko akurije uko imyitozo yagenze, abahanzi biteguye neza kandi bazashimisha abakunzi b’umuziki Nyarwanda.
Iki gitaramo cya VIP kizinjirwamo n’abanyamakuru batumiwe, inshuti cyangwa bamwe mubo mu miryango y’abahanzi bari muri PGGSS II, ndetse n’abandi bayobozi batumiwe. Abandi banyarwanda bazakurikirana iki gitaramo binyuze kuri Televiyo y’Igihugu y’u Rwanda-RTV.
Nyuma y’ibyumweru 3 bakorera imyiteguro ya Live kuri Sun City I Nyamirambo, ubu abahanzi barimo gukora imyiteguro aho igitaramo kizabera kuri Expo ground I Gikondo.
Twasuye uko imyiteguro imeze, kuri uyu wa Gatanu, dore amwe mu mafoto:
Ukanze aha naho wabasha kumenya byinshi



















TANGA IGITEKEREZO