Umuhanzi witwa Niwe Paulin Camalade izina ry’ubuhanzi akaba ari NPC, usanzwe akora inyana ya HipHop kuri ubu nyuma y’aho yari amaze igihe kitari gito atagaragara muri muzika bitewe n’amahugurwa ajyanye ni by’ama banki, yakoze indirimbo nshya yise “Zaninkwano”.
Aganira na IGIHE, NPC yagize ati” maze igihe ntagaragara imbere y’abakunzi banjye, ndabizi ko bankumbuye ariko noneho nje nje wa mugani wa Senderi International hit”.
NPC yakomeje abwira abakunzi be ko kuri ubu azanye injyana nshya kandi ikoze mu buryo bwa gakondo
NPC ni umwe mu bahanzi bari bahuriye mu itsinda ryitwaga “inshuti z’ikirere”, iryo tsinda rikaba ryari rihuriwemo na, The Ben, K8 Kavuyo, Riderman, NPC nyuma haza kwinjiramo umuhanzi Meddy.



















TANGA IGITEKEREZO