00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Producer Davydenko nawe yatangiye kurapa

Yanditswe na

Vénuste KAMANZI

Kuya 12 January 2012 saa 02:15
Yasuwe :

Davydenko usanzwe uzwi ku gutunganya indirimbo mu majwi (producer) yatangiye gukora muzika nk’umuraperi, ariko ngo ntibivuze ko ahagaritse gutunganya muzika.
Davydenko wamenyekanye cyane mu nzu itunganya muzika izwi nka F2K, ubu asigaye yumvikana mu ndirimbo “Biganza Byanduye” yafatanije na Riderman na Neg G The General.
Uyu musore wari umenyereweho gutunganya indirimbo, avuga ko iyi ari imwe muri gahunda ze nyuma y’ingando z’abanyeshuri basoje amashuri yisumbuye avuyemo.
Yagize (…)

Davydenko usanzwe uzwi ku gutunganya indirimbo mu majwi (producer) yatangiye gukora muzika nk’umuraperi, ariko ngo ntibivuze ko ahagaritse gutunganya muzika.

Davydenko wamenyekanye cyane mu nzu itunganya muzika izwi nka F2K, ubu asigaye yumvikana mu ndirimbo “Biganza Byanduye” yafatanije na Riderman na Neg G The General.

Uyu musore wari umenyereweho gutunganya indirimbo, avuga ko iyi ari imwe muri gahunda ze nyuma y’ingando z’abanyeshuri basoje amashuri yisumbuye avuyemo.

Yagize ati:”Nyuma y’uko nsoje amashuri yisumbuye, ngiye gukora cyane birenze uko nigeze nkora mu gihe maze nkora, kuko ubu nta mbogamizi ngifite”.

Davydenko

Davydenko yakomeje avuga ko nk’umuntu utunganya muzika bivuze ko azi kuririmba no kurapa kuko utatunganya indirimbo z’abantu nawe utazi ibyo baririmba, bityo ngo muri gahunda afite yo gukora cyane harimo no gusohora indirimbo nyinshi, yaba izo akora n’izo nawe yiririmbiye.

Yaboneyeho no gutangaza ko adateganya kujya muri ’Ibisumizi Studio’ y’umuhanzi Riderman nk’uko abantu benshi babikeka biturutse ku bucuti bafitanye.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages