00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ray C yasohotse mu kigo ngororamyitwarire

Yanditswe na

Joel Rutaganda

Kuya 19 March 2013 saa 08:56
Yasuwe :

Rehema Chamilla uzwi cyane ku izina rya Ray C, kuri ubu nta kibarizwa mu nzu ngororamyitwarire. Ray C nyuma y’aho yari amaze kuba umunyabiyobyabwengekazi ku rwego rwo hejuru, Akaza kujyanwa mu nzu ngororamuco ubu yaba yasubiye mu buzima busanzwe.
Mu gihe yari amaze igihe kinini mu gihugu cya Amerika , aho yakoreraga ibijyanye na muzika ye yaje gusubizwa mu gihugu cye cya Tanzania na (producer) wamutunganyirizaga muzika aho mu gihugu cya Amerika. Umuryango we ntiwashoboye kubyihanganira (…)

Rehema Chamilla uzwi cyane ku izina rya Ray C, kuri ubu nta kibarizwa mu nzu ngororamyitwarire. Ray C nyuma y’aho yari amaze kuba umunyabiyobyabwengekazi ku rwego rwo hejuru, Akaza kujyanwa mu nzu ngororamuco ubu yaba yasubiye mu buzima busanzwe.

Mu gihe yari amaze igihe kinini mu gihugu cya Amerika , aho yakoreraga ibijyanye na muzika ye yaje gusubizwa mu gihugu cye cya Tanzania na (producer) wamutunganyirizaga muzika aho mu gihugu cya Amerika. Umuryango we ntiwashoboye kubyihanganira wahise umwohereza mu kigo ngororamyitwarire.

Ibibazo bya Ray C byaje kwiyongera ubwo nyina yatangazaga ko atagishoboye kumurihira amafaranga muri icyo kigo, Umuryango waje kumutererana ariko inshuti ze zitandukanye zo muri Tanzania na Kenya zaje kumwitangira ziramufasha muri icyo kibazo yari ahuye nacyo.

Byageze n’aho Perezida wa Tanzania, Jakaya Mrisho Kikwete ubwe amutabara aramwishyurira kugeza aho ashakiwe we n’umurinzi (bodyguard) umuhora hafi ngo atongera gusubira kwijandika mu biyobyabwenge.

Ray C yakanyujijeho mu myaka yashize mu ndirimbo zitandukanye zakunzwe mu Rwanda ndetse no muri Afurika aho izizwi cyane ari “Uko wapi?” na “Umunikataa”.

Reba indirimbo "Uko wapi" ya Ray C

Ray C na JA Rule
Ray C
Ray C
Ray C

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages