Mu gihe filimi nyarwanda zigenda zirushaho gutera imbere, harategurwa amahurwa ku bayobozi ba filimi no ku bazifata amashusho (Camera men) kugira ngo zirusheho gukorwa mu buryo bwiza bujyanye n’igihe.
Aganira na IGIHE, Niyomwungeri Aaron, umuyobozi w’imwe mu nzu zitunganya filimi mu Rwanda akaba n’umuhuzabikorwa mu rwego ruhagarariye abayobozi ba sinema mu Rwanda, yagize ati “Tumaze kwicara tukareba icyerekezo sinema ifite, twasanze hakwiye amahugurwa ku bayobozi ndetse no kuri bamwe bafata amashusho. Kuri ubu usanga hamaze kugaragaramo icyo twakwita “akajagari”, ariko tugasanga nituramuka dukoze ayo mahugurwa filimi zizarushaho gukomeza gusohoka ari nziza kurushaho.”
Ayo mahugurwa azatangwa n’Abanyafurikayepfo basanzwe bakurikirana ibya sinema ku rwego rw’isi. Biteganyijwe ko azatangira tariki ya 18 ageze ku ya 29 Werurwe 2013.



















TANGA IGITEKEREZO