TMZ dukesha iyi nkuru ivuga ko urugo rw’uyu mukinnyi wabigize umwuga, rwinjiriwe n’abajura mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 7 Ukuboza, ku bw’amahirwe basanga ntawe urimo.
Mu masaha ya Saa Moya z’ijoro nibwo polisi y’uyu mujyi yakiriye telefone itabaza ko urugo rwa Keanu Reeves rwinjiriwe, mu kuhagera barasaka inzu yose ariko babura n’umwe.
Polisi ngo yongeye kugaruka ahagana Saa Saba z’igicuku, ubwo intabaza yo kuri iyi nzu yari yatangiye gusakuza, bahageze babura abantu ariko camera zicunga umutekano zerekana abajura bambaye ‘mask’, bamena idirishya barinjira.
Iki kinyamakuru kivuga ko aba bajura bibye imbunda imwe itwarwa mu ntoki, ndetse ko polisi nta mujura n’umwe yabashije guta muri yombi.
Si ubwa mbere Keanu Reeves atewe iwe mu rugo kuko mu 2014, yatewe n’abajura inshuro ebyiri zikurikiranye ariko Imana igakinga ukuboko.
Keanu Reeves w’imyaka 59 ni umwe mu banyabigwi muri sinema y’isi, azwi cyane muri filime zabiciye bigacika zirimo ‘John Wick’, ‘The Matrix’ n’izindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!