Ni filime yitwa ‘Air’ igaruka ku ikorwa ry’inkweto zitiriwe Michael Jordan, umanyabigwi mu bahoze bakina umukino wa Basketball, izasohoka ku itariki 5 Mata 2023.
Ben Affleck yahishuye ko iyi filime kugira ngo abashe kuyikora neza no kubona abakinnyi bakwiye kuyikinamo, byagizwemo uruhare na Michael Jordan we ubwe.
Ati “Nagize amahirwe yo kwicarana na Michael Jordan, kubera ko ntari gukora iyi filime ntabanje kumubaza iby’ingenzi kuri we, kandi koko yari afite ibintu bifite akamaro.”
Yakomeje avuga ko muri bimwe mu byo Michael Jordan yamusabye harimo gushyiramo umukinnyi wa filime, Viola Davis wagaragaye muri ‘The Woman King’, ‘The suicide squad’ n’izindi agakina ari mu cyimbo cya nyina umubyara.
Ben Affleck wamenyekanye muri filime, ‘Batman’ yemeza ko nubwo Michael Jordan yamusabye ko yashyiramo Viola Davis, byari ukorosora uwabyukaga kuko nawe byari mu byifuzo bye kuzakorana nawe.
‘Air’ igaragaramo Ben Afflick wanayitunganyije, Matt Damon wakinnye muri ‘Invictus’, Viola Davis, Chris Tucker wakinnye muri ‘Rush Hour’ n’abandi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!