Iyi filime izerekanwa ku bufatanye bwa Century Cinema n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, Unicef Rwanda mu gutanga umusanzu wo kurera neza.
Icy’ingenzi gikubiyemo ni ugukebura ababyeyi kugira ngo iminsi ya mbere y’ubuzima bw’umwana akigera ku Isi yitabweho kuko apfa mu iterura aka wa mugani w’Abanyarwanda.
Iyi filime igaragaza ko ababyeyi bafite uruhare runini kugira ngo umwana azabashe kuba umuntu w’ingirakamaro mu buzima bwose azanyuramo.
Iyi filime y’iminota 120 yanditswe na Estela Renner akaba ari na we uyiyobora izerekanwa ku wa Gatandatu tariki ya 17 Ukuboza 2016 muri Century Cinema ikorera mu nyubako ya Kigali City Tower mu Mujyi wa Kigali rwagati.
Ababyeyi, abasore n’inkumi bitegura kurushinga ni uburyo bwiza cyane babonye kuko harimo ubuhanga bwinshi ndetse n’ibyo abantu batamenya ku bijyanye n’iminsi ya mbere y’umwana ukivuka.
Ukeneye ibindi bisobanuro wasura urubuga rwa Century Cinema www.centurycinemas.rw cyangwa urukuta rwabo rwa Facebook, www.facebook.com/centurycinemas



















TANGA IGITEKEREZO