Kuri ubu Chris Hemsworth uri mu bakinyi bakomeye i Hollywood yamaze gukura umuryango we i Los Angeles awimurira muri Australia.
Yimukanye n’umugore we, Elsa Pataky ndetse n’abana babo batatu.
Ati “Byari byo mu gihe abahungu banjye bavukiyemo kandi natwe ntitwari twishimiye uko twari tubayeho i Los Angeles”.
Yabitangarije mu kiganiro ‘Smartles’. Yavuze ko ingengabihe y’akazi ke yatumaga n’ubundi yirirwa hanze y’aho yari atuye ndetse ngo ntiyanashakaga abinjirira umuryango we ku buryo bamenya amakuru yawo.
Ati “Bisa nk’aho tutari tukihafatira amashusho. Twari dusigaye dufatira amashusho ahandi hantu [hatari i Los Angeles]. Mu gihe nagarutse kandi mu rugo habaga huzuye aba paparazzi.”
Uyu mukinnyi wa filime, yakinnye muri ‘Avengers’ yitwa Thor Odinson, yatangaje ko kwerekeza muri Australia ahasanga abavandimwe b’inshuti ze: Luke Hemsworth na Liam Hemsworth, byamufashije.
Chris w’imyaka 42 y’amavuko, amaze imyaka 15 mu rushako n’umugore na we yamamaye cyane muri filime ‘Fast & Furious’ yamenyekanye cyane no mu Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!