Damson Idris ufite imyaka 34 ni umwe mu bari gutera imbere cyane mu ruganda rwa sinema muri Amerika.
Yagize ati “Nashakaga kuba umukinnyi w’umupira w’amaguru. Narakinnye kugeza ngeze mu kigero cy’imyaka 18, kandi ndabyibuka narebaga Lionel Messi akina. Yari mu myaka 23 y’amavuko. Naravuze nti ‘ndabona ntashobora gukina nka we’. Ni gutyo Lionel Messi yabaye impamvu yo gusezera kuri ruhago kwanjye”.
Yakomeje avuga ko afite ibyiringiro ko hari umunsi azahura na we kandi ko azahita amubwira ko yamubereye impamvu yo gusezera kuri ruhago kubera ubuhanga bwe buhambaye.
Messi kuri iyo myaka 23 yari afite icyo gihe, yari umukinnyi uri mu beza Ikipe y’Igihugu ya Argentine yari ifite. Yanakiniraga ikipe ya Barcelona akanamamariza sosiyete nyinshi kubera ubwamamare bwe.
Icyo gihe yanatsindiye igihembo cya Ballon d’Or ndetse akomeza kugenda abitsindira cyane ko bifatwa nk’ibirusha ibindi agaciro muri ruhago.
Nubwo Damson atakomeje gukina ruhago, azongera kugaragara mu kibuga ku mukino wa gicuti akinira ikipe ya Soccer Aid. Ni umukino uzaba ku wa 31 Gicurasi 2026.
Damson yavutse ku babyeyi b’Abanya-Nigeria ariko avukira ndetse anakurira mu Bwami bw’u Bwongereza. Yaretse gukina ruhago ajya mu byo gukina filime. Yakinnye muri filime yamamaye yitwa F1: The Movie yo mu 2025.
Yaje no kugirwa “Brand Ambassador” wa Formula 1 ku Isi hose kugira ngo afashe mu bikorwa byo kwamamaza ibikorwa byayo birimo n’iyi filime kugira ngo hifashishwe izina rye mu kuyigeza ku bantu benshi barimo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!