Ni itanganzo Henry Cavill yatanze mu gahinda kenshi avuguruza iryo yari aherutse gusangiza abakunzi be mu Ukwakira, avuga ko azakina muri iyi filime ya Superman.
Mu butumwa bw’akababaro, Henry yasangijze abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko ari icyemezo cyafashwe nyuma y’inama yagiranye n’abayobozi bashya ba ‘DC studios’ James Gunn na Peter Safran.
Yagize ati “Mvuye mu nama na James Gunn na Peter Safran, amakuru mabi kuri buri wese, ntabwo nkigarutse gukina Superman. Nyuma y’uko mbwiwe na ba nyiri studio gutangaza ibyo kugaruka, ni amakuru atoroshye kwakira, ariko nibwo buzima.”
Henry Cavill ahagaritswe nyuma y’uko abayobozi bashya ba DC studio izwiho gukora amafilime ajyanye n’imbaraga zidasanzwe , batangaje ko bazibanda mu gukora ku buzima bwa ‘Superman’ akiri umusore.
Superman ni filime ivuga ku musore uza ku Isi mu cyogajuru akiri umwana muto avuye ku wundi mu bumbe, akaza ku Isi afite imbaraga zidasanzwe zo kuguruka ndetse no guterura ibintu biremereye akazifashisha gutabara abantu bari mu byago.
Uyu mugabo Henry Cavill w’imyaka 39 yakinnye muri Superman kuva mu 2013 mu gice cya ‘Man of Steel’, ‘Batman vs Superman’ mu 2016 ndetse na ‘Justice League’ mu 2017.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!