Ibi ni bimwe mu byatangajwe n’Umuyobozi wa Mashariki Film Festival, Trésor Senga, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru gitegura iri serukiramuco rizatangira ku wa 22 Ugushyingo 2025.
Yagize ati “Uyu ni umwaka w’umwihariko cyane, dore ko mu bihe bishize twahuraga n’imbogamizi zo kubwira abantu kuza kureba filime, gusa ubu abantu barenga 100 cyangwa 500 iyandika mu munota umwe tumaze gutangaza ko tugiye kwakira abantu bazitabira iserukiramuco.”
“Dushimishijwe no kuba twarabashije gusabana no gukorana n’abo mu ruganda rwa sinema mu gihugu imbere. Twakoze igikorwa cyo kuzengurukana na bo mu ntara enye kandi byaritabiriwe binadufasha kwigitegura.”
Iserukiramuco rya Mashariki Film Festival rizava tariki ya 22-29 Ugushyingo 2025, ribere ahantu hatandukanye hazerekanirwa filime.
Aho harimo muri Serena Hotel bazakoreramo iminsi ibiri ndetse n’uwa nyuma, ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali na Norrsken hazerekanirwa filime hakanatangirwa amahugurwa.
Muri uyu mwaka biteganyijwe ko filime 100 ari zo zizerekanwa muri iri iserukiramuco rizahuriza hamwe abaturutse mu bice bitandukanye by’Isi.
Ushaka guhesha igihembo cya “People’s Choice Award” umwe mu bakinnyi ba filime ukunda ukamuhesha amahirwe yo kwegukana imodoka wakanda hano.
Umuntu ushaka kwiyandikisha kugira ngo azabashe kwitabira iri serukiramuco nawe yakanda hano.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!