00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nifuza kugaragaza impano nk’uko mbikora mu muziki -M Iréné winjiye muri sinema

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 1 May 2026 saa 10:56
Yasuwe :

Mulindahabi Iréné wamenyekanye nka M Iréné, agiye gushyira hanze filime ye ya mbere agahamya ko izaba ari inzira yo gufasha abanyempano muri sinema nk’uko amaze igihe abikora mu muziki.

Ibi M Iréné yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE nyuma nyo gushyira hanze integuza ya filime ‘Isereri’ izatangira gusohoka ku wa 4 Gicurasi 2026.

Aha yagize ati “Dufite sosiyete yitwa MIE Entertainment, iyi rero ibamo igice cy’ikinyamakuru, igice cy’umuziki gifasha abahanzi cyane ko hari abo twagiye dukorana kandi muzi. Twifuzaga rero kwagura ibikorwa byacu tukinjira no muri sinema.”

M Iréné wamenyekanye mu itangazamakuru azwi nanone mu gufasha abanyempano banyuranye barimo abahanzi batandukanye yagiye amurikira abakunzi b’imyidagaduro.

Uyu musore yakoranye n’abahanzi banyuranye barimo Vestine na Dorcas batangiranye urugendo kugeza ubwo babaye ibyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda.

Uko yagiye afasha abanyempano banyuranye mu muziki, M Iréné yavuze ko ari na ko yifuza gufasha abafite impano muri sinema binyuze muri filime ze.

Uretse ‘Isereri’ M Iréné, ahamya ko afite n’izindi zinyuranye yitegura gukora mu minsi iri imbere zose akazajya anyuzamo abanyempano banyuranye.

Iyi filime ya mbere ya M Iréné izaba igaragaramo abasanganywe amazina mu myidagaduro y’u Rwanda nka Inkindi Nadine Aisha, Nyabitanga Nicole n’abandi benshi.

M Iréné agiye gusohora filime ye ya mbere yise 'Isereri'
Inkindi Aisha ni umwe mu bagaragara muri filime ya mbere ya M Irene

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages