Uyu musaza wegukanye igihembo cya Oscar yaguye mu rugo rwe mu Mujyi wa Middleburg uherereye muri Leta ya Virginia nk’uko umuryango we wabitangaje.
Amakuru y’urupfu rwe yemejewe n’umugore we Luciana Pedraza wabinyujije mu kigo cyari gishinzwe kumenyekanisha ibikorwa by’umuryango w’uyu mugabo.
Yagize ati “Ku batuye Isi ndangira ngo mbamenyeshe ko Robert Duvall watwaye igihembo cya Oscar yitabye Imana, yari asanzwe ari umuyobozi wa filime, umubarankuru mwiza gusa kuri njyewe yari byose. Urukundo yakundaga akazi ke rungana n’urwo yakundaga abakinnyi n’abantu muri rusange.”
Yari mu bakinnyi ba filime bakomeye i Hollywood aho yakinnye mu zamamaye ku rwego mpuzamahanga.
Mu gihe cy’imyaka irenga 60 yamaze akina filime ku ruhando mpuzamahanga, Duvall yamamaye cyane mu gukina ‘roles’ z’umuntu utagira icyo atinya, by’umwihariko yamenyekanye muri filimi yitwa ‘Godfather’ yakinnye mu 1972 ndetse no muri Apocalypse yasohotse mu 1979.
Duvall yatwaye igihembo cya Oscar gitegurwa na Recording Academy mu 1983 abikesheje filime yakinnye muri uwo mwaka yitwa Tender Mercies gusa muri rusange yitabiriye ibi bihembo inshuro zirindwi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!