Rufonsina yabyariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Ukwakira 2025.
Yibarutse umwana w’umukobwa. Uyu mugore mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram, yashimiye Imana. Ati “Wakoze Nyagasani.”
Rufonsina asanzwe afite umwana w’imyaka 10 yabyaranye n’umugabo bamaranye imyaka 12. Uyu mugore mu ntangiro z’Ukwakira 2025 nibwo inshuti ze zimukoreye ibirori byo kumwifuriza kuzibaruka neza, ‘Baby shower’.
Ni ibirori byitabiriwe n’abiganjemo abagore b’inshuti ze barimo Anita Pendo n’abandi banyuranye.
Mu Ukwakira 2024 kandi nabwo yari yambitswe impeta y’urukundo n’umugabo we. Ubwo yizihizaga isabukuru ye muri Nyakanga 2025, nibwo Rufonsina yahishuye ko yitegura kwibaruka ubuheta bwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!