Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Sarah Kampi yavuze ko Toxic ari filime ifite ubutumwa ku buzima bw’abantu, by’umwihariko ku mibanire irimo guhozanya ku nkeke, anagaragaza ko ari imwe mu mishinga yishimira cyane kuva yinjiye muri sinema.
Uyu mukobwa avuga ko nubwo atari umuntu ukunda kwigaragaza cyane, impano yo gukina filime yayimenye ko ayifitemo akiri muto, bituma afata icyemezo cyo kuyikurikirana aho kuyihisha.
Ati “Nakuze nkunda cyane kureba filime no gukurikiranira hafi ibyazo. Byari inzozi zanjye zo kuzaba umukinnyi wa sinema, nubwo nabonaga bitoroshye.”
Sarah Kampi yinjiye mu ruganda rwa sinema mu 2020, atangirira muri ‘Impanga Series’ ya Bahavu Jeannette , yaciye kuri YouTube ndetse no kuri RTV.
Avuga ko iyo filime yamuhaye amahirwe akomeye yo kumenyekana no gukorana n’abantu bafite amazina azwi mu ruganda rwa sinema nyarwanda.
Ati “Nyuma yo kuyigaragaramo byaranyoroheye cyane kuko natangiriye muri filime irimo abakinnyi bafite uburambe n’amazina akomeye, bituma niga byinshi mu gihe gito.”
Nyuma ya Impanga Series, Sarah Kampi yakomeje kugaragara mu zindi filime zitandukanye zirimo ‘Bad Choice’, ‘Isi Dutuye’, ‘My Father In Law’ ndetse na ‘Hidden Series’, aho yagiye agaragaza impinduka mu mikinire ye no kwagura impano ye.
Uyu mukinnyi wa filime avuga ko kimwe mu bintu bikomeye byamufashije gukomeza muri sinema ari ukwizera inzozi ze no guhabwa umwanya mu gihe cya Guma mu Rugo, aho yafashe umwanzuro wo gushaka amahirwe yo gukina filime aho kuyategereza.
Sarah Kampi yanakoresheje umwanya asaba ababyeyi gushyigikira abana babo mu mpano baba bafite aho kubaca intege.
Ati “Ikintu cy’ingenzi ni ukumva icyo umwana ashaka. Iyo akoze ikintu adakunda, biramugora cyane. Ariko iyo akora icyo akunda, n’iyo ibihe bigoye bije arihangana agakomereza aho.”
Ku rubyiruko rwifuza kwinjira mu mwuga wa sinema, Sarah Kampi yarugiriye inama yo kuwujyamo rufite urukundo n’ishyaka rikomeye bya nyabyo, aho kuba icyifuzo cyo kumenyekana gusa.
Toxic ni imwe muri filime zitezweho gutanga ishusho nshya ku mpano ye.
Igaruka ku nkuru y’umukobwa witwa Evie ukundana n’umusore witwa Walein ariko uwo musore agamije kwihimura kuri se w’uwo mukobwa we atabizi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!