00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sonia Rolland agiye gusohora filime ivuga ku buzima bwe

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 19 March 2023 saa 01:08
Yasuwe :

Uwitonze Sonia Rolland wabaye Nyampinga w’u Bufaransa 2000, agiye gushyira hanze filime ihishura bimwe mu bihe bikomeye yagize mu rugendo rwe.

Iyi ni filime izaba igaruka ku nkuru y’umwana w’umukobwa uba usanzwe akina Basketball , akaza kugira icyifuzo cyo kuba nyampinga w’u Bufaransa, ariko bikaba urugendo rukomeye kuri we.

Aganira n’ikinyamakuru ‘Pure People’, Uwitonze yavuze ko imvano y’igitekerezo cy’iyi filime yakomotse ku rugendo rutoroshye yanyuzemo rwo kuba Nyampinga w’u Bufaransa.

Ati “Iyi filime y’umwana w’umukobwa ivuga byinshi ku buzima bwanjye, ariko nagiye nshyiramo izindi nkuru z’ibihimbano bifatika. Ni filime ivuga uburyo igeno ry’umwana w’umukobwa rishobora guhinduka mu isegonda.”

Iyi ni filime yanditswe na Uwitonze Sonia Rolland akaba ari n’umwe mu bashoyemo amafaranga.

Uwitonze wavutse ku mubyeyi we w’Umunyarwandakazi na Se ukomoka mu Bufaransa, yagarutse ku rugendo rwe muri sinema avuga ko rutari rworoshye kubera ibara ry’uruhu rwe, ko atigeze abonwa nk’umwirabura cyangwa nk’umuzungu.

Sonia Rolland yavutse tariki 11 Ugushyingo 1981 i Kigali mu Rwanda. Yaje kwimukira mu Bufaransa hamwe n’umuryango we mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Mu 2000, Uwitonze yabaye Nyampinga w’u Bufaransa aba Umunyafurika wa mbere wegukanye iri rushanwa.

Si ubwa mbere agiye kugaragara muri sinema kuki yakoze filime nka ‘Chaos’, ‘Deadly Tropics’ n’izindi.

Uwitonze Sonia Rolland agiye gushyira hanze filime yakomoje kuri bimwe mu bihe yanyuzemo aba Miss France 2000

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages