Amyotrophic Lateral Sclerosis [ALS] ubusanzwe ni indwara ikomeye ifata utunyangingo tw’imyakura y’ubwonko ifasha mu mikorere y’imikaya.
Dane w’imyaka 52 yagaragaye ku kibuga cy’indege i Washington, DC, aho yabazwaga n’umunyamakuru icyo yabwira abakunzi be bahangayikishijwe n’uburwayi bwe, asubiza agira ati “Mukomeze kwizera, nshuti yanjye.”
N’ubwo ameze nabi ariko uyu mugabo aheruka kumvikana avuga ko azahatana kubera ashizemo umwuka.
Ati “Ndashaka kubona abana banjye barangiza kaminuza, bakarushinga, ndetse nibishoboka nkabona n’abuzukuru. Nzakomeza kurwana kugeza ku mwuka wa nyuma.”
Umwe mu bantu ba hafi ye yabwiye Daily Mail ko Dane ari kugerageza kubaho mu byishimo mu gihe asigaje.
Yagize ati “Arashaka kubaho mu byishimo kuko asigaye azi neza ko ejo atari isezerano. Ntashaka ko abantu bagira agahinda kubera we cyangwa bamuririra, ahubwo arifuza ko bamuba hafi mu munezero no mu byiringiro.”
Umugore we, Rebecca Gayheart, aherutse gutangaza ko ubu burwayi bwababaje cyane abana babo aribo Billie ufite imyaka 15 na Georgia ufite 13.
Ati “Ni ibintu byabakomerekeje umutima. Abakobwa bacu barababaye cyane, ariko turi kugerageza kubinyuramo. Turafashwa n’inzobere mu by’ubuzima bwo mu mutwe kandi dushaka kubaho mu cyubahiro, urukundo n’icyizere.”
Muri Nzeri, Dane yagaragaye mu mashusho ya ‘I AM ALS’ asaba isi kongera ubushakashatsi ku ndwara ya ALS. Muri ayo mashusho byagaragaraga ko ijwi rye ryatangiye kugenda ndetse amaboko ye nayo agaragaza intege nke kuko atagikora.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!