00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko Gen-Z Comedy yabaye igicumbi cy’abanyarwenya bashya mu Rwanda

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 8 November 2022 saa 06:36
Yasuwe :

Sosiyete yiswe Gen-Z Comedy yashinzwe n’umunyarwenya Ndaruhutse Merci uzwi ku izina rya Fally Merci, yabereye igicumbi abanyarwenya bakiri bato mu kubafasha kumurika impano zabo.

Uyu munyarwenya avuga ko iki ari igitekerezo yagize mu gihe cya Guma mu Rugo, nyuma yo kwicara agasanga nta bitaramo bibaho biha umwanya cyangwa amahirwe urubyiruko rufite impano yo gutera urwenya, cyane cyane ku bakizamuka.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, uyu munyarwenya yavuze ko yagize iki gitekerezo agamije gufasha abanyarwenya bakiri bato kugaragaza impano zabo.

Yagize ati "Gen-Z Comedy nayihanze kugira ngo ifashe mu kuzamura urubyiruko rufite impano yo gutera urwenya babashe kugaragaza icyo bashoboye, ndetse bamwe byatangiye kubabyarira akazi."

Yakomeje avuga ati "Mu gihe cyacu byari bigoye kubona umunyarwenya wakoresha mu bitaramo, wibazaga ahantu wamukura ukahabura, none abakora ibitaramo by’urwenya mu Rwanda basigaye batwegera tukabaha abanyarwenya bakoresha".

Kugeza ubu uyu munyarwenya avuga ko umwuga wo gutera urwenya bigaragara ko watunga umuntu, cyane ko hari abawubyaje umusaruro bakiteza imbere bakoresheje impano zabo.

Ibitaramo bitandukanye by’urwenya bimaze kuba byinshi mu Rwanda, kugeza ubu ibimaze kumenyerwa birimo Seka Live, Bigomba Guhinduka, Iwacu Comedy n’ibindi.

Iyi sosiyete ya Gen-Z Comedy igira uruhare rukomeye mu gutanga abanyarwenya bakoreshwa muri ibyo bitaramo bitandukanye bibera mu Rwanda.

Usibye kuba ari na sosiyete ifasha abanyarwenya bakiri bato, ifite n’igitaramo cyayo kiba kabiri mu kwezi.

Ibi byiyongera ku bindi bitaramo bibera mu mashuri y’isumbuye na za kaminuza, mu rwego rwo gushaka impano nshya no gusangiza urwenya abanyarwanda.

Gen-Z Comedy mu gihe kingana n’umwaka imaze ikora, yamuritse abasore batandukanye barimo Mavid de Therapist, Pazzo man , Admin n’abandi.

Fally Merci yavuze ko Gen-Z Comedy itanga amahugurwa ku banyarwenya bakiri bato.

Uyu ni umwe mu batsinze muri Art Rwanda Ubuhanzi 2018, mu cyiciro cya ’Acting and Drama’.

Gen-z comedy yabaye igicumbi cy'abanyarwenya bakiri bato!
Gen-z comedy igira uruhare mu gutanga abanyarwenya mu bitaramo by'urwenya mu Rwanda
Fally Merci avuga ko abanyarwanda bakwiye gushyigikira urwenya kuko biri mu bituma iminsi yo kubaho y’umuntu yiyongera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages