00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Michaël Sengazi yasangije abakiri bato ibyabafasha gukabya inzozi mu gutera urwenya

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 24 February 2023 saa 08:09
Yasuwe :

Umunyarwenya Michaël Sengazi umwe mu bagize uruhare mu iterambere ry’umwuga w’urwenya mu Rwanda, yasangije abakiri bato bari muri uyu mwuga inama zabafasha gutera ikirenga mu cya bakuru babo.

Ibi yabigarutseho ubwo yari mu gitaramo cy’abanyarwenya bo muri Gen-z comedy’ cyabaye ku wa Kane tariki 23 Gashyantare 2023, ku Kimihurura.

Mu kiganiro Michaël Sengazi yagiranye na IGIHE, yagarutse ku rugendo rwe, abanyarwenya batangiranye mu myaka irenga 12 n’amahirwe ab’uyu munsi bafite.

Ati “Ni ibintu binshimisha cyane kubona hari abanyarwenya benshi muri iki gihe kuko mbere twabikoraga turi bake cyane. Harimo njyewe, Kimenyi, Babou, Arthur n’abandi.”

“Iyo utangiye ukora neza, nko mu mezi atandatu usanga wabaye icyamamare. Naho twebwe umuntu washoboraga kutubona ni uwaje kutureba aho twakoreye igitaramo. Umunyarwenya mwiza w’uyu munsi mu byumweru bibiri aramenyekana, mu gihe twe byadutwaye imyaka.”

Umwaka ushize ni bwo umunyarwenya Ndaruhutse Merci [Fally Merci] yatangije igicumbi cy’abanyarwenya bakiri bato, ndetse bagiye bagaragara mu bitaramo by’urwenya bikomeye mu Rwanda birimo Seka Live, ‘Caravane du rire’ n’ibindi.

Uyu munyarwenya Michaël Sengazi wigeze gutwara igihembo cya ‘Prix RFI Talent du rire 2019’ avuga ko kuba abanyarwenya bakiri bato bafite abo bareberaho ari bimwe mu bintu bizaborohorera cyane ko bo ntabo bari bafite uretse abanyarwenya bo hanze y’igihugu.

Avuga ko na none imbuga nkoranyambaga ziri mu mahirwe abanyarwenya bakiri bato bagomba kubyaza umusaruro.

Mu gitaramo cya Gen-z comedy, Sengazi yagiranye ibihe byiza n’aba banyarwenya bakiri bato. Yasekeje benshi mu bitabiriye iki gitaramo bataha batwaye imbavu mu ntoki.

Iki gitaramo kiba kabiri mu kwezi, cyagaragayemo abanyarwenya bato bamaze kubaka izina barimo Admin, Muhinde, Kadukire [Kadudu] n’abandi. Ni kimwe mu bitaramo byitabirwa n’abatari bake harimo ibyamamare.

Mu gitaramo cya Gen-z comedy biba ari ibitwenge gusa
Abakunzi b 'igitaramo cya Gen-z Comedy bamaze kuba benshi muri iki gihe
Abitabiriye igitaramo cya Gen-z comedy bataha imbavu bazitwaye mu ntoki
Biba ari ibicika mu gitaramo cya Gen z comedy
Rusine Patrick n'umunyamakuru Jado Max bo kuri Kiss FM mu bitabiriye igitaramo cya Gen-z comedy
Sengazi yasabye abanyarwenya gukomeza imbaraga batangiranye kuko bafite amahirwe menshi bo batabonye bakizamuka
Muhinde ukunda kugaruka ku bugufi bwe mu rwenya atera, ni umusore umaze kubaka izina muri Gen-z comedy
Gen-z comedy ni igicumbi cy'abanyarwenya bakizamuka
Fally Merci washize Gen-z comedy yayoboye igitaramo yambaye umushanana
Admin mu banyarwenya beza bo muri Gen-z Comedy

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages