Ni igitaramo cyabereye muri Camp Kigali [Kigali Conference Exhibition Village] mu ijoro rya tariki 25 Kamena 2023 cyari kiyobowe na Arthur Nkusi.
Cyari igitaramo gihuriyemo abanyarwenya batandukanye barimo Teacher Mpamire, Daliso Chaponda, Hervé Kimenyi , Muhinde , Fred Rufendeke na Joseph.
Cyasojwe mu rwenya ruri hejuru cyane nyuma yo kubona uburyo Teacher Mpamire yinjiye ku rubyiniro mu isura ya Perezida Museveni akunze kwigana bikanyura benshi kuva ku muturage usanzwe kugeza kuri uyu mukuru w’igihugu ubwe.
Uyu munyarwenya yateye urwenya avuga uko yari abayeho mu gihe cy’akato yari amazemo iminsi nyuma yo kwandura COVID-19 mu minsi ishize, avuga ko nubwo yarwara ahora afite imbaraga.
Mu gusubiza ibibazo yabazwaga na Arthur Nkusi wari wagiye mu mwanya w’uwakiriye umukuru w’igihugu yamubajije igihe azavira ku butegetsi.
Mu ijwi rijya gusa n’irya Perezida Museveni neza uyu munyarwenya yagize ati "Hari abavuga ngo nzagenda, njyahe se ko nkiri muto? muzi ko ari nayo mpamvu Mama anyita ’baby face’."
"Abose bakubwira kuza kumbaza icyo kibazo uzababaze niba bazi igihe Yesu azagarukira."
Yabajijwe impamvu asinzira ari mu kiganiro, uyu munyarwenya nanone mu ijwi rijya gusa n’irya Perezida Museveni yasubije agira ati "Kuriya mumbona mpumirije ntimukagire ngo mba nasinziriye mba ndi kuvugana n’Imana."
Uko abandi banyarwenya bitwaye
Arthur Nkusi wari uyoboye iki gitaramo mbere y’uko yakira Muhinde , umunyarwenya wazamukiye muri Gen-Z Comedy yabanje kugaruka ku burebure bw’uyu musore ukunze gutera urwenya agaruka ku ndeshyo ye.
Uyu munyarwenya uri mu batanga icyizere muri uru ruganda yatangiye avuga uburyo ari umwe mu bashoramari batunzwe n’ubugufi bwabo.
Hari aho yageze agira ati "Mbonye umuhungu mugufi uri kunseka, buriya rero ndi Ambasaderi wanyu, inama nabagira mujye mutega abamotari barebare kuko hari aho muzagera akagusaba kumukandagirira aho atagera "
"Niba uri mugufi ntukajye mu kabyiniro, nigeze kujyayo nambaye imyenda y’icyatsi, ubwo nicaraga ku meza ntegereje icyo kunywa narebye ku ruhande mbona abasore bagize amerwe bati kiriya ki Mützig kinini bazanye noneho ni icyanjye."
Nyuma yo kuva ku rubyiniro, abakunzi b’urwenya bakigaragaza ko bakimushaka, Arthur Nkusi yabwiye Muhinde ko ubu ari kwegereza igihe cyo kuba yakorerwa igitaramo cye wenyine.
Fred Rufendeke yagarutse ku ijambo riri muri bibiliya rivuga ko Yesu azaza nk’Igisambo atera urwenya agira Ati "Buriya Yesu ntiyaba yaraje tukamufatira i Nyabugogo akaba ari i Mageragere, abari yo nyabuna muzatubarize niba ataraza."
Hervé Kimenyi yateye urwenya abwira abo baba i Burayi kwitondera abakobwa b’i Kigali kuko abenshi baza babashakaho Visa.
Yavuze uburyo hari abirabura babaye abazungu bitewe n’ibyo bakora cyangwa imitekerereze yabo.
Uyu munyarwenya yagarutse ku mazina abakiritisu bita bagenzi babo atanga urugero ku ntama.
Ati "Gute naza gusengera iwanyu munyita intama koko byibuze nta no kuvuga Antelope basi , ubwose nibavuga Aleluya nzavuga Amena cyangwa ni Meeeee."
Teacher Mpamire mu ikositumu ya karokaro, yitwaje ingwa n’ibitabo mu ntoki, yinjiye ku rubyiniro ahindura igitaramo ishuri.
Uyu munyarwenya yaganirije abitabiriye anabigisha isomo ry’urukundo abasaba kwirinda gukopera.
Yatanze ikizamini agira ati “Musa yinjiye mu rusengero nta nkweto yambaye , kora intero utangije ijambo Inkweto…”
Daliso Chaponda wari utegerejwe na benshi yateye urwenya avuga uburyo kureba filime z’urukundo bibeshya abantu benshi, bakibwira ko bazagira urukundo nk’urwo babona mu bitabo cyangwa filime.
Yateye urwenya avuga uburyo yahuye n’umunyamasengesho wamubeshye ko iyo asenga agafashwa avuga mu ndimi.
Daliso yavuze ko nyuma yo kugera mu Rwanda yasanze ibyo uwo munyamasengesho yavugaga cyari Ikirundi.
Yasangije abitabiriye uburyo yateye urwenya ku bendera rya Malawi ubuyobozi bw’igihugu bumukangisha kumufunga naramuka avuye mu Bwongereza.
Arthur Nkusi yagarutse ku rubyiniro atungurwa no kubona Juno Kizigenza yicaranye na Alliah Cool, ni uko aterura agira ati " Juno nawe ubwo araje , ufite inzu ya miliyoni 500Frw, uyu ntabwo ari Ariel Wayz mwana."
Iki gitaramo cyarangiye saa ine n’igice abakunzi b’urwenya bagaragaje ko bagikeneye kumva inkuru z’aba banyarwenya.
Kuva ibi bitaramo ngarukakwezi byagaruka muri uyu mwaka, abakunze kubyitabira bakomeje gusaba Arthur Nkusi kubazanira Trevor Noah.
Arthur Nkusi atangaza ko hari imbanzirizamushinga zamaze gutangira zo kuzana uyu munyarwenya ufite inkomoko muri Afurika y’Epfo akaba icyamamare ku Isi biciye mu biganiro by’urwenya akora ndetse ubu ari no mu bitaramo bizenguruka Isi.
Amafoto: Gisele Iturize



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!