Uyu munyarwenya waherukaga gutaramirwa mu Rwanda mu myaka ine ishize, yishimiye kugaruka muri iki gihugu yereka abakunzi be ko hari amagambo y’Ikinyarwanda amaze kumenya.
Akigera i Kigali mu butumwa yanditse mu Kinyarwanda yagize ati “Nageze mu Rwanda. Duhurire Camp Kigali iri joro.”
Uyu munyarwenya uri mu bakomeye muri Afurika yataramiye i Kigali bwa mbere mu 2017 yitabiriye Seka Fest yabaye muri Kamena uwo mwaka.
Kuri iyi nshuro yitabiriye Seka Live ari buhuriremo na Daliso Chaponda, Arthur Nkusi, Herve Kimenyi, Fred Rufendeke, Muhinde na Joseph.
Kwinjira muri iki gitaramo bigusaba 10.000 Frw mu myanya isanzwe na 15.000 Frw mu y’icyubahiro. Ni itike ishobora kugurwa binyuze kuri internet https://itike.io/tickets?event=34 .
Uyu munyarwenya uzwiho kwigana Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, iyo atera urwenya ahindura icyumba cyabereyemo igitaramo ishuri agatangira kuganiriza abitabiriye nk’aho ari abanyeshuri be.
Teacher Mpamire w’imyaka 39 ni umunyarwenya wanabyigiye dore ko nyuma yo kwishimirwa na Perezida Museveni, yamuhaye buruse y’umwaka umwe ajya kwiga ibijyanye n’uko bategura cyangwa bandika urwenya muri American Comedy Institute i New York.
Nyuma yo gusoza amasomo yahisemo izina rya Teacher Mpamire arikuye kuri mwarimu we yakundaga cyane Arthur Mpamire wamwigishije amateka muri Greenlight High ndetse yagize amahirwe yo guhurira na we mu kigo kimwe bose ari abarimu.
Imyambarire ikunze ku muranga ikorwa n’umudozi wo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.
Teacher Mpamire ni umunyarwenya wubatse urugo kuva mu 2016 nyuma yo kwemeranya kubana akaramata na Carol Barekye.
The teacher brings our end year reports
Grab your tickets from https://t.co/LcUZCu6BsQ and attend the class pic.twitter.com/Lww8PQJZU0— Arthur Nkusi (@ArthurNkusi) June 25, 2023



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!