Iki gitaramo cyabaye muri gahunda uyu munyarwenya yatangije yise ‘Japhet’s Comedy Campus Tour’ igamije kuzenguruka kaminuza zitandukanye ataramira abazigamo.
Ibi bitaramo byabimburiwe na UR Huye aho yataramiye abanyeshuri bigayo, aherekejwe n’umunyamakuru Ally Soudy.
Muri iyi kaminuza abanyeshuri baho bagaragaje impano barimo batanu bakora urwenya n’abandi babiri b’abahanzi mu njyana zitandukanye.
Mazimpaka yabwiye IGIHE ko iki gitaramo cyitabiriwe n’abanyeshuri benshi kandi n’abanyempano bazigaragaje bafite ubushobozi bwo gukomeza.
Ati "Twasanze abantu batwiteguye kuko bari babizi, bari bategerezanyije amatsiko n’abanyempano bari baritoje ko twari twarababwiye hakiri kare."
Yakomeje avuga ko abanyeshuri banyuzwe n’igitaramo kandi ko banishimiye Ally Soudy na we wanyuze muri iyi kaminuza.
‘Japhet’s Comedy Campus Tour’ ni ibitaramo bigiye kuzenguruka kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda hatarimo izo mu Mujyi wa Kigali. Intego yabyo ni ugufasha abanyeshuri kwidagadura no guha abanyempano bashya urubuga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!