00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu Rwanda hafunguwe uruganda rukata ibirahure by’ubwubatsi

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 3 October 2025 saa 01:53
Yasuwe :

Mu Rwanda hafunguwe uruganda rwa mbere rukata ibirahure byifashishwa mu gukora inkuta zo mu biro, ibikoreshwa muri banki bitandukanya abakozi n’abashaka serivisi, ndetse n’ibikoreshwa inyuma y’inyubako.

Uru ruganda rwa Silverback Glass Processing, rwafunguwe ku wa 2 Ukwakira 2025, mu cyanya cy’inganda i Gahanga mu Karere ka Kicukiro.

Ni uruganda rutunganya ibirahure bivuye mu Bushinwa, Malaisie no mu Buhinde. Ibi birahure birakomera ku buryo nta mashini zibikata zabaga mu Rwanda. Byasabaga ko bitumizwa binakase cyangwa bigacishwa muri Kenya kugira ngo abe ariho babikatira, bigere mu Rwanda bifite ingero abantu bashaka.

Uru ruganda rw’Abanyasudani rwafunguwe ku bufatanye bw’ibihugu byombi hagamijwe gukomeza kuzamura imikoranire myiza mu bijyanye n’ubukungu.

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Khalid Dafalla Musa, yavuze ko umubano w’u Rwanda na Sudani mu bijyanye n’ubukungu umaze gutera imbere cyane kuko ishoramari ry’Abanyasudani mu Rwanda rimaze kugera kuri miliyari 20$ harimo n’uru ruganda.

Ati “Abashoramari b’Abanyasudani bamaze gushora agera kuri miliyoni 20$ mu bice bitandukanye birimo ubwubatsi, inganda, ubuhinzi, ubuzima, serivisi n’ibindi, kandi ibyo ni ukubera impamvu ebyiri; iya mbere ni uko u Rwanda rukurura abashoramari binyuze mu koborohereza gukora ubucuruzi, kurandura ruswa, ndetse kwakira abashoramari baturutse imihanda yose. Icya kabiri ni igihugu gifite ubukungu buri gukura vuba kandi budaheza uwo ari we wese, ndetse hakaba n’ubumenyi.”

Umuyobozi Mukuru wa Silverback Glass Processing, Mohamed Abuelgasim, yavuze ko uruganda rwabo rufite ubushobozi bwo guhaza ba rwiyemezamirimo batandukanye bubaka inzu kuko bafite imashini zihagije ndetse zifite ubushobozi bwo gukora ibirahure byinshi ku munsi.

Ati “Dufite imashini zifite ubushobozi bwo gukora ibirahure biri ku rwego mpuzamahanga kuko zifitemo iryo koranabuhanga kandi si ibyo gusa kuko uru ruganda ruzatanga imirimo, ruteze imbere ubukungu n’ibindi byinshi.”

Inyungu ku Rwanda

Uru ruganda kandi rufite umwihariko wo gukora ibirahure bimenyerewe ku mazina ya ‘tempered glasses’ bizwiho gukomera cyane ndetse n’ibirahure bya ‘laminated glasses’ biba biteranyije ari ibirahure byinshi, bihuzwa bigakora kimwe.

Umwihariko w’ibi birahure bya tempered ni uko iyo bimenetse bimera nk’ibituritse bikavamo uturahure duto cyane na two tudashoshobora gukomeretsa umuntu, ibituma biba ibihahure byiza byo kubakisha ahantu hahurira abantu benshi ku bw’umutekano wabo.

Ni mu gihe ibirahure bya lamineted byo iyo kimwe kimenetse ikindi gisigara gifashe ku buryo byoroshya kubona ko hari ikirahure gifite ikibazo kitarateza impanuka.

Ibi birahure bikomera inshuro zikubye eshanu ibirahure bisanzwe ndetse bikagira umwihariko wo gukumira amajwi (soundproof) cyane cyane ibi birahure bya tempered.

Uru ruganda rufite imashini ziteranya ibyo birahure, izoza ibirahure, izituma bitabonerana (privacy glasses), imashini ikata ibirahure, ituma bidakebana, itobora cyangwa igashyiramo ibishushanyo, n’izindi.

Uru ruganda ni urwa kabiri muri aka Karere k’Ibiyaga Bigari kuko ikindi gihugu cyagiraga uruganda nk’uru ari Kenya gusa.

Alphonse Kwizera ushinzwe ubusesenguzi bw’ubucuruzi bwa Made in Rwanda muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yavuze ko ari amahirwe u Rwanda rugize kuko bigiye kugabanya amafaranga yatangwaga mu mahanga, ndetse bigakurura n’ibindi bihugu by’ibituranyi.

Ati “Ni uruganda rwa mbere mu Rwanda kandi ubona ko ruje kuziba icyuho cy’ibintu twatumizaga hanze. Mu bikoresho by’ubwubatsi tugenda dukomeza kwiyubaka, inganda ziri kugenda ziyongera kandi zikaza zizanye ibisubizo by’ibibazo twari dufite birimo gutumiza ibikoresho by’ubwubatsi hanze.”

Yakomeje ati “Mu bukungu bw’igihugu hari amadovise menshi yasohokaga hanze y’igihugu agiye kugura ibi birahure byo kubakisha gusa ubu noneho natwe tugiye kwinjiza andi y’abaje kubigura iwacu kuko dufite uruganda rubikata.”

Si mu bijyanye n’ubukungu gusa u Rwanda ruzungukira ahubwo no mu bumenyi ndetse n’uburezi naho ntihazasigara.

Bisanukuri Uwamuhoza Clemence ukora muri uru ruganda yasobanuye ko we na bagenzi be baje muri uru ruganda nta bumenyi na buke bafite ku mashini zikoreshwa muri uru ruganda kuko n’ubwo babyize, batigeze bagira amahirwe yo kubikora kuko izo mashini mu Rwanda ntazahabaga.

Yakomeje avuga ko aho agereye muri uru ruganda yahuguwe akabimenya ku buryo yakwigisha na bagenzi be, ndetse byatangiye kumwinjiriza amafaranga.

Ati “Twaje nta kintu na kimwe tuzi ariko ubu izi mashini tuzi kuzikoresha neza, ndetse baduhaye n’akazi kugira ngo dutangire twiteze imbere duteze imbere n’imiryango yacu.”

Uru ruganda rwatangiranye n’abakozi 23 muri bo 21 ni Abanyarwanda ndetse 8 ni abakobwa. Rufite gahunda yo gutanga imirimo ku bandi bakozi bashya ku buryo bose hamwe bagera kuri 50.

Uru ruganda rutunganya ibirahure bizwi nka 'privacy glasses' bishobora kwifashishwa mu kubaka ubwogero cyangwa ibiro by'abayobozi
Uru ruganda rukata ibirahure mu buryo bwose umuntu yifuza bitewe n'aho agiye kugishyira
Umuyobozi Mukuru wa Silverback Glass Processing, Mohamed Abuelgasim, yavuze ko uru ruganda ruje ari igisubizo ku baguraga ibi birahure hanze
Iyi ni imashini yoza ibirahure ku buryo ikirahure kiba kibengerana
Iyi mashini yo iringaniza ikirahure ndetse igatuma kidakebana
Iyi mashini ni ikata ibirahure ku rugero uwabisabye yifuza
Imashini iteranya ibirahure bibiri cyangwa bitatu icyarimwe bigasohoka byabaye ikirahure kimwe
Imashini ipfumura ibirahure ndetse igashushanyamo ikintu cyose wifuza
Bisanukuri ukora muri uru ruganda rwa Silverback Glass Processing, yavuze ko gukora muri uru ruganda byamwunguye ubumenyi bikamuhesha n'akazi
Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Khalid Dafalla Musa, yavuze ko ifungurwa ry'uru ruganda ryerekana umubano mwiza uri hagati y'u Rwanda na Sudani
ibi birahure bikomera byikubye inshuro eshanu ibirahure bisanzwe
Alphonse Kwizera ushinzwe ubusesenguzi bw’ubucuruzi bwa Made in Rwanda muri MINICOM yavuze ko uru ruganda rugiye gutuma ibindi bihugu nabyo byatumizaga hanze ibi birahure bibitumiza mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages