00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamagabe: Huzuye inzu y’ababyeyi yatwaye asaga miliyoni 400 Frw

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 8 October 2025 saa 11:47
Yasuwe :

Mu Karere ka Nyamagabe huzuye inzu y’ababyeyi igezweho yubatswe ku Kigo Nderabuzima cya Nyamagabe, yuzuye itwaye miliyoni 410 Frw, ikaba yarubatswe mu rwego rwo kuzamura serivisi nziza ku bayigana no kwita by’umwihariko ku buzima bw’umubyeyi n’umwana.

Iyi nzu y’ababyeyi irimo ibikoresho byose bigezweho bizifashishwa mu kubungabunga ubuzima bw’umubyeyi kuva agisama, ubuyobozi bugaragaza ko ari buyitegerejeho kuzamura serivisi ku bazajya bayigana bose, bityo ubuzima bukomeze busagambe.

Umwe mu babyeyi bagana iki Kigo Nderabuzima cya Nyamagabe wanabimburiye abandi kuhabyarira, Dusabimana Marie Goreth, yavuze ko yanejejwe n’ibikorwaremezo yahasanze, ashimangira ko bigaragaza ineza ubuyobozi bwifuriza abaturage.

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Nyamagabe, Niyonsaba Nadia, na we yavuze ko kuzura kw’iyi nzu y’ababyeyi ari intambwe nziza itewe mu kwita ku buzima bw’ababagana, yongeraho ko bizatuma barushaho gutanga serivisi inoze.

Niyonsaba yakomeje avuga ko kuri ubu bafite abakozi 23 barimo abavura n’abatavura, bakaba hari abandi bagikeneye barimo abaforomo n’ababyaza, aho byibura bifuza batatu, barimo umubyaza ndetse n’ushinzwe kubika amakuru.

Ati ‘‘Twifuza guhabwa umubyaza byihutirwa kuko we turamukeneye cyane, dore ko nta n’umwe dufite kandi bigaragara ko iriya nyubako nshya ikwiye umubyaza urenze umwe byibura, kugira ngo birusheho kuba byiza.”

Iyi nzu y’ababyeyi yuzuye ni umusaruro w’umushinga w’iterambere uterwa inkunga binyuze mu Kigo Gishinzwe Guteza Imbere Ibikorwa by’Iterambere mu Nzego z’Ibanze (LODA), binyuze mu Kigega gitera inkunga imishinga y’iterambere mu turere dukennye (Pro-Poor Development Basket Fund).

Yuzuye isanga izindi ebyiri, zirimo iyubatswe mu Murenge wa Mugano, ndetse n’indi yubatswe ku Kigo Nderabuzima cya Nyarungwo, mu Murenge wa Nkomane.

Hubatswe inyubako nshya zijyanye n'igihe
Kuri ubu ababyeyi bazajya babyarira ahantu habahesha agaciro
Iyi nzu y'ababyeyi ifite ibikoresho bigezweho
Umuyobozi w'Inama Njyanama y'Akarere ka Nyamagabe, Uwamahoro yasuye umubyeyi wabyariye muri iyi nzu bwa mbere
Umubyeyi wabyarimo bwa mbere yashyikirijwe igikoma, yifurizwa ubuzima bwiza we n'uwo yibarutse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages