Ibi byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa Bauhaus International Rwanda Ltd, Richard Mukiza ku wa 6 Werurwe 2026.
Ku wa 4 Werurwe 2026, ni bwo mu Nama y’Abaminisitiri yari iyobowe na Perezida wa Paul Kagame hemejwe amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Bauhaus International Rwanda Ltd, ishami rya Bauhaus International Incorporated ifite icyicaro gikuru muri New Jersey muri United States, yo kubaka mu byiciro inzu zirenga 3.000.
Biteganyijwe ko icyiciro cya mbere cy’izi nyubako kizubakwa mu Murenge wa Gahanga, Akarere ka Kicukiro, kizatwara miliyoni 48$, ni ukuvuga arenga miliyari 70 Frw.
Izi nzu zizaba zirimo ibyiciro bitandukanye by’inzu zigezweho harimo inzu z’icyumba kimwe n’icyumba cyo kuraramo (1 bedroom), inzu z’ibyumba bibiri byo kuraramo, iza bitatu, n’inzu zigeretse rimwe zifite ibyumba bitatu byo kuraramo.
Umuyobozi Mukuru wa Bauhaus International Rwanda Ltd, Richard Mukiza, uyu mushinga uzatanga umusanzu ukomeye mu kugera ku ntego z’iterambere ry’imijyi mu Rwanda no kongera amahirwe yo kubona inzu zigezweho kandi zihendutse ku baturage.
Ati “Uyu mushinga ni umusanzu ukomeye mu gushyigikira icyerekezo cy’u Rwanda cyo kubaka imijyi igezweho kandi irambye. Intego yacu ni gutanga amazu yujuje ubuziranenge no kubaka umuryango w’abaturage bafite imibereho myiza.”
Mu mushinga wa Gahanga Hills Estate hazubakwamo ikigo cy’abaturage kizajya gitanga serivisi z’imibereho myiza n’imyidagaduro ku baturage bazatuzwa muri uyu mudugudu.
Uyu mushinga uzashyirwa mu bikorwa binyuze mu bufatanye bw’inzego zitandukanye z’igihugu, aho Umujyi wa Kigali n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB bizaba bifite inshingano yo guteza imbere umushinga (project promoters), naho Bauhaus International Rwanda Ltd ikaba ari yo izawushyira mu bikorwa nk’umwubatsi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!