00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda bazindukiye mu gikorwa cyo gutora Abadepite

Yanditswe na

Rene Anthere Rwanyange

Kuya 16 September 2013 saa 08:05
Yasuwe :

Muri iki gitondo guhera saa moya, Abanyarwanda bazindukiye mu gikorwa cyo gutora Abadepite bazabahagararira mu Nteko ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite.
Abanyarwanda bayiraye ku kababa, ku buryo aho twageze muri iki gitondo ku mashuri ya Rugando, Akagari ka Rugando, Umurenge wa Kimihurura, Akarere ka Gasabo, nibura saa kumi n’ebyiri n’igice za mu gitondo hari abaturage bari batangiye kwishyira ku murongo, biteguye gutora mbere.
Umukecuru Nyiranziza w’imyaka 75 y’amavuko waganiriye na (…)

Muri iki gitondo guhera saa moya, Abanyarwanda bazindukiye mu gikorwa cyo gutora Abadepite bazabahagararira mu Nteko ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite.

Abanyarwanda bayiraye ku kababa, ku buryo aho twageze muri iki gitondo ku mashuri ya Rugando, Akagari ka Rugando, Umurenge wa Kimihurura, Akarere ka Gasabo, nibura saa kumi n’ebyiri n’igice za mu gitondo hari abaturage bari batangiye kwishyira ku murongo, biteguye gutora mbere.

Umukecuru Nyiranziza w’imyaka 75 y’amavuko waganiriye na IGIHE, wazindukiye mu matora, yagize ati "Nshimishijwe no kuba nitoreye ubwanjye abazampagararira mu nteko. Sinzi gusoma no kwandika ariko mu kwiyamamaza badusobanuriye uko tuzatora ni ko nabigenje. Ndumva nishimye cyane."

Amatora yatangiye, uyu munsi tariki ya 16 Nzeri, haratorwa abadepite rusange 53, ku munsi w’ejo tariki ya 17 hazatorwa abadepite bahagarariye abagore 24, ku wa gatatu tariki ya 18 Nzeri 2013 hazatorwa abadepite babiri bahagarariye urubyiruko, n’umudepite umwe uhagarariye abafite ubumuga.

Inteko ishinga amategeko, Umutwe w’Abadepite, ufite abadepite 80 bagiye gutorwa mu bakandida 410, bava mu mitwe ya Politiki, abigenga, abahagarariye abagore, abahagarariye urubyiruko n’abahagarariye abafite ubumuga.

Nyiranziza abika urupapuro amaze gutoreraho
Hagenzurwa ko ugiye gutora yanditse kuri lisiti y'itora
Uyu mukecuru yasobanurirwaga ibijyanye n'ifishi y'itora
Uyu agiye kwiherera ngo atore
Avuye gutora, ajyanye ifishi y'itora mu isanduku y'itora
Ikarita y'umaze gutora iterwaho kashi "YATOYE"
Umaze gutora asigwa wino ku rutoki rw'agahera
Abaturage barindiriye kwinjira mu cyumba cy'itora
Ibyangombwa byitwazwa n'umuturage ugiye gutora
Abaturage bategereje ko amatora atangira
Aba bazindutse saa kumi n'ebyiri n'igice bari bageze ku murongo
Abatoresha barabanza bakarahirira imbere y'abaturage bahageze
Abaturage berekwa ko amasanduka nta kindi kintu kirimo
Amasanuka batoreramo afungwa
Abamaze gutora bahita bataha, abo bari abanyamahanga ariko ubu ni abanyarwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages