Mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida depite batanzwe n’Umuryango FPR Inkotanyi mu karere ka Gatsibo, abaturage bibukijwe ko gutora FPR ari ugukomeza gushyigikira ibikorwa yagejeje ku banyarwanda 100%.
Ibi byagarutsweho mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida depite batanzwe n’Umuryango FPR Inkotanyi, ku wa 8 Nzeri 2013, mu murenge wa Remera, Akarere ka Gatsibo.
Ruboneza Ambroise, Umuyobozi wa FPR mu karere ka Gatsibo, akaba n’Umuyobozi w’ako karere, yakanguriye Abanyagatsibo gukomeza gushyigikira ibyo FPR Inkotanyi yabagejeje, kandi ko gutora Umuryango ari ugukomeza inkingi z’itembere bamaze kugeraho.
Abakandida Depite bari ku rutonde rwa FPR n’indi mitwe ya Politiki bafatanyije bakomoka mu karere ka Gatsibo aribo Kantengwa Julienne, Kapiteni Athar Eliazar na Gatete John, bitabiriye icyo gikorwa. Mu butumwa bagejeje ku baturage bari aho, bose bagarutse ku migabo n’imigambi ya FPR Inkotanyi, bagaragaza ibyo yabagejejeho, babasaba gutora FPR 100%.
Mu bakandida depite 80 bari ku rutonde rwatanzwe na FPR Inkotanyi n’indi mitwe ya politiki biftanyije, Akarere ka Gatsibo gafitemo abakandida batatu. Amatora ateganyijwe ku itariki ya 16 Nzeri 2013, ibikorwa byo kwiyamamaza bikazahagarara mu gitondo cyo kuwa 15 Nzeri.



















TANGA IGITEKEREZO