00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Guhatanira amajwi yo kwicara mu Nteko Ishinga Amategeko byatangiye

Yanditswe na

Rene Anthere Rwanyange

Kuya 26 August 2013 saa 08:42
Yasuwe :

Abahatanira amajwi yo kwicara mu Nteko Ishinga Amategeko nk’uko biteganywa n’amategeko, batangiye kwiyereka Abanyarwanda ku mugaragaro. Kuva ku wa 26 Kanama kugeza ku wa 15 Nzeri 2013, abakandida bose bariyereka abanyarwanda, babagezaho imigabo n’imigambi yabo.
Nk’uko biteganyijwe, ku ikubitiro uyu munsi tariki ya 26 Kanama, FPR Inkotanyi n’indi mitwe ya politiki bifatanyije ari yo PDI, PSR, PDC na PPC, abakandida babo baraba biyereka abaturage bo mu ntara y’Amajyepfo mu karere ka Kamonyi. (…)

Abahatanira amajwi yo kwicara mu Nteko Ishinga Amategeko nk’uko biteganywa n’amategeko, batangiye kwiyereka Abanyarwanda ku mugaragaro. Kuva ku wa 26 Kanama kugeza ku wa 15 Nzeri 2013, abakandida bose bariyereka abanyarwanda, babagezaho imigabo n’imigambi yabo.

Nk’uko biteganyijwe, ku ikubitiro uyu munsi tariki ya 26 Kanama, FPR Inkotanyi n’indi mitwe ya politiki bifatanyije ari yo PDI, PSR, PDC na PPC, abakandida babo baraba biyereka abaturage bo mu ntara y’Amajyepfo mu karere ka Kamonyi. Iyo mitwe ya Politiki yatanze abakandida 80.

Ishyaka PSD ryo rirabimburira kwiyamamaza kwaryo mu ntara y’Amajyaruguru, Akarere ka Gicumbi. Ryo abakandida baryo bemejwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ni 76. PL irereka abakandida bayo abaturage bo mu ntara y’Iburengerazuba, Akarere ka Rusizi. Ifite abakandida 64. PS Imberakuri yinjiye mu matora ku ncuro yayo ya mbere, ku ikubitiro iriyamamariza mu Mujyi wa Kigali, aho bari buzenguruke mu duce tumwe tugize Umujyi. PS Imberakuri ifite abakandida 45.

Abakandida batanzwe n’imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda n’abigenga, barahatanira imyanya 53 y’abadepite basanzwe, mu bakandida 103 bahagarariye abagore barahatanira imyanya 24, abakandida 24 bahagarariye urubyiruko bazatorwamo babiri (2), na ho abakandida 15 mu bafite ubumuga hazatorwamo umwe (1).

Kwiyamamaza byatangiye uyu munsi ku wa 26 Kanama bikazasozwa ku wa 15 Nzeri 2013. Amatora azaba ku wa 16 Nzeri hatorwa abadepite rusange, ku wa 17 Nzeri hazaba amatora yegenewe Abadepite b’abagore, na ho ku wa 18 Nzeri 2013 hatorwe Abadepite bahagarariye urubyiruko kimwe n’abahagarariye abafite ubumuga. Bitarenze ku wa 20 Nzeri 2013 hazatangazwa by’agateganyo ibyavuye mu matora, na ho gutangaza burundu Abadepite batowe ntibizarenza ku wa 25 Nzeri 2013.

Amashyaka ataritabiriye aya matora y’Abadepite arimo UDPR, PSP na DGPR (Democratic Green Party of Rwanda). Iri shyaka ryavugaga ko ryiteguye guhatana muri aya matora ariko ryemerwa gukora ku mugaragaro amatariki yo gutanga ibyangombwa by’abakandida ari hafi kurangira.

Reba urutonde rw’abakandida muri iyi nkuru

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages