Abasirikare bakuru b’ingabo z’u Rwanda bari mu mwihererok kuri uyu wa 22 Kamena 2013, baganiriye na Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’ u Rwanda (RDF).
Nk’uko tubikesha itangazo rya Minisiteri y’Ingabo z’Igihugu, Perezida Paul Kagame yasoje umwiherero wa Ministeri y’Ingabo na RDF wabaye kuva tariki 19 kugeza 22 Kamena 2013.
Perezida wa Repubulika yaganiriye n’abasirikare bakuru ku ngingo zinyuranye. Uyu mwiherero wari ugamije isuzuma rihoraho ku ngamba za Ministeri y’Ingabo na RDF.



















TANGA IGITEKEREZO