00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda ruracyaza ku isonga mu kugira abagore benshi mu Nteko

Yanditswe na IGIHE
Kuya 7 March 2024 saa 01:03
Yasuwe :

Ubushakashatsi ngarukagihe bukorwa n’ihuriro ry’Inteko Zishinga Amategeko ku Isi (IPU), bwagaragaje ko u Rwanda rukiri ku isonga ku isi mu kugira abagore benshi mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ubu bushakashatsi bwatangajwe na IPU ku itariki ya 5 Werurwe 2024, bwerekana ko u Rwanda rukiri ku mwanya wa mbere ku isi, aho rufite abagore 61.3% mu mutwe w’Abadepite na 34.6% muri Sena.

U Rwanda rukurikirwa n’ibihugu birimo Cuba ifite abagore 55.7%, Nicaragua ifite 53.9%, Mexico 50.4% na Andorra na Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) zifite 50.0%.

IPU ivuga ko impuzandengo y’abagore bari mu Nteko zishinga Amategeko ku isi ari 26.9%, bakaba barazamutseho 0.4% hakurikijwe amatora yabaye mu mwaka wa 2023.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje kandi ko muri rusange umubare w’abayobozi b’Inteko zishinga Amategeko b’abagore wageze kuri 23.8% uvuye kuri 22.7%, aho nk’ibihugu bya Cambodia and Côte d’Ivoire byatoye abayobozi b’Inteko b’abagore ku nshuro ya mbere mu mateka yabyo.

IPU kandi yatangaje ko Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara ari yo yazamuye igipimo cy’abagore bari mu Nteko kurusha ibindi bice, kuko biyongereyeho 3.9% mu matora yabaye mu mwaka wa 2023 ugereranyije n’amatora yaherukaga kuba muri ibyo bihugu.

U Rwanda ruracyari ku isonga ku isi mu kugira abagore benshi mu Nteko Ishinga Amategeko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages