Ubu bushakashatsi bwatangajwe na IPU ku itariki ya 5 Werurwe 2024, bwerekana ko u Rwanda rukiri ku mwanya wa mbere ku isi, aho rufite abagore 61.3% mu mutwe w’Abadepite na 34.6% muri Sena.
U Rwanda rukurikirwa n’ibihugu birimo Cuba ifite abagore 55.7%, Nicaragua ifite 53.9%, Mexico 50.4% na Andorra na Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) zifite 50.0%.
IPU ivuga ko impuzandengo y’abagore bari mu Nteko zishinga Amategeko ku isi ari 26.9%, bakaba barazamutseho 0.4% hakurikijwe amatora yabaye mu mwaka wa 2023.
Ubu bushakashatsi bwagaragaje kandi ko muri rusange umubare w’abayobozi b’Inteko zishinga Amategeko b’abagore wageze kuri 23.8% uvuye kuri 22.7%, aho nk’ibihugu bya Cambodia and Côte d’Ivoire byatoye abayobozi b’Inteko b’abagore ku nshuro ya mbere mu mateka yabyo.
IPU kandi yatangaje ko Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara ari yo yazamuye igipimo cy’abagore bari mu Nteko kurusha ibindi bice, kuko biyongereyeho 3.9% mu matora yabaye mu mwaka wa 2023 ugereranyije n’amatora yaherukaga kuba muri ibyo bihugu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!