00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakuru b’ibihugu bya Afurika barambye ku butegetsi kurusha abandi

Yanditswe na David Eugène Marshall
Kuya 16 July 2018 saa 08:44
Yasuwe :

Mu bihugu byinshi ku Isi usanga igihe Perezida wa Repubulika azamara ku butegetsi giteganywa n’Itegeko Nshinga, gusa ingingo zigena imyaka ntarengwa usanga zaragiye zihindurwa ku buryo bitagitunguranye gusanga mu bihugu byinshi byiganjemo ibyo muri Afurika biyoborwa n’umuntu umwe imyaka irenga 30.

Nubwo bitavugwaho rumwe, ingingo yo kuramba ku butegetsi muri Afurika imaze kumenyerwa aho nka Colonel Mouamar el-Gadhafi yategetse Libya imyaka 42, Robert Mugabe ategeka Zimbabwe imyaka 37, José Edouardo Dos Santos ategeka Angola imyaka 38.

Gusa aba bose uwaciye agahigo ni Hailé Sélassié wigeze kuba Umwami w’Abami wa Ethiopia, kuva mu 1930 akabwirukanwaho mu 1974.

Nyuma y’uko Perezida wa Cameroun, Paul Biya, umaze ku butegetsi imyaka 35 atangarije ko azongera kwiyamamaza, benshi bongeye gutekereza ku ngingo yo kuramba ku butegetsi muri Afurika, aho kugeza ubu Teodoro Obiang Nguema Mbasogo wa Equatorial Guinea, ariwe umaze igihe kinini ku butegetsi kuva tariki 3 Kanama 1979.

Teodoro Obiang kandi ni uwa kabiri ku Isi mu ba Perezida bamaze igihe ku butegetsi, nyuma ya Colonel Muammar Mohammed Abu Minyar El Gaddafi wategetse Libya imyaka 42.

Abandi bamugwa mu ntege ni Paul Biya wa Cameroun wagiye ku butegetsi ku 06 Ugushyingo 1982, asimbuye Ahmadou Ahidjo wari umaze kwegura. Nyuma gato kuwa 06 Mata 1984, itsinda rito rigizwe na bamwe mu bashinzwe umutekano we ryagerageje kumuhirika ku butegetsi umugambi waryo urapfuba.

Kuva ubwo utarishwe muri bo yahise afungwa, ndetse uwo yasimbuye nawe afunganwa na bo, bikekwa ko yari muri uwo mugambi. Paul Biya ku myaka ye 85, arashaka kongera kwiyamamariza kuyobora Cameroun muri manda ya Gatandatu izamara indi myaka irindwi.

Mu bandi barambye ku butegetsi cyane ni Perezida wa Congo Brazzaville, Gen. Denis Sassou Nguesso wagiye ku butegetsi mu 1979 kugeza mu 1992, ariko nyuma y’imyaka itanu hari mu 1997 aza kubugarukaho, ubwo iki gihugu cyari mu ntambara n’inyeshyamba z’uwitaga Pasiteri Ntumi waje gutsindwa uruhenu n’Ingabo za Leta zari ziyobowe na Gen Sassou Nguesso ubwe.

Uru rutonde ni rurerure kuko no mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni aza mu barambye ku ntebe muri Entebbe. Museveni yafashe ubutegetsi muri Mutarama 1986, nyuma yo kubwirukanaho Milton Obote.

Mu bandi bategetsi batabura kuza kuri uru rutonde, harimo n’umwami wa eSatwatini (icyahoze ari Swaziland), Muswati III, nawe uri ku ngoma kuva muri Mata 1986.

Aba bategetsi bose nta n’umwe utegetse imyaka iri hasi ya 30, ariko hari n’abandi barengeje imyaka 25 ku butegetsi barimo; Gen. Omar el-Béshir wa Sudani, wagiye ku butegetsi ahiritse Sadiq al-Mahdi muri Kamena 1989.

Gen Idriss Deby Itno wa Tchad nawe ari kuri uru rutonde, kuko yagiye ku butegetsi mu Ukuboza 1990, agakurikirwa na Issaias Afeworki wa Erythée uri ku butegetsi kuva mu 1993.

Uwahoze ari Perezida wa Gabon, Omar Bongo Ondimba, yapfuye muri Kamena 2009, abumazeho imyaka 41.

Kuramba ku butegetsi akenshi usanga atari ku neza y’abaturage ahubwo ari ugushaka kwikubira ubuyobozi, kugira ngo hatagira undi wicara kuri iyi ntebe. Usanga rimwe na rimwe aba bategetsi baba bifuza kubusigira abo mu miryango yabo cyangwa inkoramutima zabo, mbese bakabufata nk’umurage.

Hari ubwo kandi usanga barakoze ibyaha cyangwa batarubahirije inshingano bakanga kurekura ubudahangarwa bahabwa n’ubutegetsi, birinda bakurikiranwa n’ubutabera.

Gutinda ku butegetsi kandi bishobora kuva no ku mpamvu z’abagize uruhare mu kububashyiraho. Aha twavuga nk’ibihugu by’ibihangange biba bitarabakuraho amaboko.

Ugutinda ku butegetsi kw’abaperezida ba Afurika hari abakubona nko guheza urubyiruko mu buyobozi, mu gihe abandi bashinja urubyiruko kwigurutsa inshingano zo kuyobora.

Mu rwego rw’Isi umutegetsi utwaye igihe kirekire, ni Elizabeth Alexandra Mary, Umwamikazi w’u Bwongereza guhera kuwa 03 Kamena 1953.

Ubanza ni Ali Bongo Ondimba wa Gabon, Idriss Deby Itno wa Tchad, Teodoro Obiang Nguema wa Guinée équatoriale, Denis Sassou Nguesso wa Congo, Paul Biya wa Cameroun, François Bozize wayoboraga Centrafrique

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages