Perezida Kagame ubwe yabyivugiye mu ijambo ry’umwaka mushya yagejeje ku Banyarwanda, abasaba kudatezuka ndetse no gukorana imbaraga “kugira ngo tugere ku ntego twihaye.”
Bimwe mu byo yakoresheje ngo izo ntego zigerweho, harimo kugenderera amahanga agiye “guhaha”, nkuko akunze kubigarukaho.
Ingendo zo gushakira u Rwanda inshuti n’amaboko Perezida Kagame yazikoreye mu bihugu 20 bitandukanye hirya no hino ku Isi, agamije kwagurira u Rwanda amarembo no kurushakira inshuti zituma ruba igihugu gifite amikoro aringaniye, mu myaka 12 iri imbere.
Umwaka wa 2023 usojwe Perezida Kagame akoze ingendo 22 zirimo izo yitabiriyemo inama mpuzamahanga, izagura ububanyi n’amahanga, izishakira ibisubizo ibibazo byugarije Isi; zose zari mu nyungu z’Abanyarwanda.
Ku ikubitiro, muri uyu mwaka Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rwa mbere muri Sénégal tariki ya 1 n’iya 2 Gashyantare. Ni urugendo yagiriyemo ikiganiro na mugenzi we Macky Sall, aho bunguranye ibitekerezo ku buryo ibihugu bayoboye byakomeza kwagura ubufatanye bugamije inyungu z’ababituye.
Perezida Kagame yagiye mu Burundi, ajya muri Ethiopia, uruzinduko rwa kane arugirira muri Benin tariki ya 15 n’iya 16 Mata. Rwasinyiwemo amasezerano arimo ayo gukuraho gusoresha kabiri ibicuruzwa, ayo gukoresha ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi, ubufatanye mu miyoborere y’inzego z’ibanze, mu iterambere rirambye ndetse hanavuguruwe amasezerano y’ubucuruzi n’imari.
Ibi bihugu byombi bifitanye umubano mwiza umaze igihe kuko mbere y’uko hasinywa aya masezerano, byari bifitanye andi y’ubufatanye mu ikoranabuhanga, mu bucuruzi ndetse n’ajyanye no kwita ku butaka.
Perezida Kagame yaboneyeho umwanya wo kuganira n’abashoramari b’abagore n’urubyiruko muri iki gihugu, abagaragariza uburyo ibikorwa byabo babikorera no mu Rwanda, bikabagirira akamaro mu buryo buruseho.
Uruzinduko rwakurikiyeho Perezida Kagame yarugiriye muri Guinée-Bissau, yakirwa na mugenzi we uyobora iki gihugu, Umaro Sissoco Embaló.
Bijyanye n’ibikorwa byiza yakoreye Abanyarwanda n’Abanyafurika muri rusange ndetse akaba n’inshuti y’iki gihugu, Embaló yamwambitse umudali w’icyubahiro witiriwe intwari Amílcar Cabra’, yarwanyije ubukoloni ku mugabane wa Afurika, kandi yanasuye inzu ndangamurage yayo.
Imbere ya Perezida Kagame na Embaló, abasirikare ba Guinée-Bissau baririmbye indirimbo yumvikanisha ubutwari bw’ingabo z’u Rwanda igira iti “Ingabo z’u Rwanda turakomeye, twakubise umwanzi arahunga…”
Kuri uwo munsi, Perezida Kagame yaraye ageze muri Guinée-Conakry, yakirwa na Perezida w’inzibacyuho, Colonel Mamady Doumbouya.
Mu ruzinduko rwe i Conakry, habayeho isinywa ry’amasezerano hagati y’ibihugu byombi arimo ay’ubufatanye mu guteza imbere ikoranabuhanga. Perezida Kagame yanasuye abanyeshuri bigishwa amasomo yibanda ku ya gisirikare, Prytanér Militaire, asobanurirwa uburyo bategurirwa kuzaba abayobozi babereye igihugu.
Umukuru w’Igihugu hamwe na Col. Doumbouya bafunguye umuhanda wo mu kirere uhuza Kagbélen na Conakry, uyu ukaba waritiriwe Perezida w’u Rwanda.
Nyuma y’uruzinduko yagiriye muri Zimbabwe, Tanzania, mu Bwongereza, Qatar, Nigeria na Turikiya, tariki ya 28 Kamena, Perezida Kagame yagiriye urundi muri Seychelles rwari rugamije guteza imbere ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu bikorwa by’itrerambere, yakirwa na mugenzi we, Wavel Ramkalawan.
Muri uru ruzinduko, Perezida Kagame yagaragaje uburyo Seychelles ari igihugu gihuje icyerezo n’u Rwanda, bityo ko ubufatanye bw’ibi bihugu byombi bwazamura imibereho n’ubuzima bw’ababituye.
Yagize ati “Seychelles n’u Rwanda twembi dushyize imbere kandi dusangiye icyerekezo cy’iterambere ry’imibereho myiza n’ubuzima bw’abaturage bacu bose dufatanyije n’abafatanyabikorwa bo mu karere n’ahandi.”
Perezida Kagame yongeye kwambuka amazi magari, ajya guhahira Abanyarwanda no guhamya ubushuti buri hagati y’u Rwanda n’ibihugu bihuriye mu muryango wa Caraïbes uherereye ku mugabane wa Amerika.
Ku itariki ya 5 Nyakanga, Perezida Kagame yabishimangiye ubwo yagiriraga uruzinduko muri Trinidad & Tobago, aho yitabiriye nk’umushyitsi mukuru inama y’abakuru b’ibihugu bihuriye mu muryango wa Caraïbes yabereye kuri Port of Spain.
Muri iyi nama, Perezida Kagame yagaragarije abayobozi bo muri ibi bihugu ko gukorana na Afurika kwabifasha kugira imbaraga zitasenywa n’uwo ari we wese, kandi ko byafasha abaturage muri rusange.
Yakoresheje aya magambo “Mureke dukorere hamwe, Afurika na Caraïbe, ubwacu twakwikorera byiza n’abaturage bacu. Niduhuza imbaraga,nta numwe wasenya ibyo. Ni dukora byinshi by’ingenzi, bizatugirira inyungu twese.”
Perezida Kagame yakomereje uruzinduko muri Bahamas, na bwo muri Caraïbes nyuma y’iminsi ibiri, aho yitabiriye nk’umushyitsi mukuru isabukuru y’imyaka 50 iki gihugu kimaze kibonye ubwigenge. Yahabaye kugeza ku ya 9 Nyakanga.
Perezida Kagame yagiye muri Kenya, akurikizaho Cuba tariki ya 14 Nzeri, aho yitabiriye inama yahuje ibihugu biri mu nzira y’iterambere n’u Bushinwa (G77+China) yabereye mu mujyi wa Havana.
Umukuru w’Igihugu ubwo yari muri Cuba, yabwiye abo muri iki gihugu ko ari ho yigishirijwe amasomo y’igisirikare nka ofisiye wari ukiri muto mu ngabo za Uganda, mbere y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Yagize ati “Kuri njye, kuza Havana-Cuba ni urwibutso rukomeye kubera ko mu 1986 hashyira 1987; hashize imyaka 36. Nari ofisiye ukiri muto, nkorera igihugu cyampaye urugo, ari cyo Uganda. Nari hano mu masomo yahawe Abanyafurika benshi.”
Tariki 17 kugeza ku ya 21 Nzeri, Perezida Kagame yari i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.
Muri make, umwaka wa 2023 Perezida Kagame yasuye ibihugu birimo Senegal, u Burundi, Ethiopia, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Bénin, Guinée-Bissau, Guinée-Conakry, Zimbabwe, Tanzania, u Bwongereza, Qatar, Nigeria, Turikiya, Seychelles, Trinidad and Tobago, Bahamas, Kenya, Cuba, Arabie Saoudite, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!