00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Komisiyo y’Amatora yashimangiye intsinzi ya Paul Kagame

Yanditswe na Ferdinand Maniraguha
Kuya 18 July 2024 saa 02:02
Yasuwe :

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje amajwi y’agateganyo mu matora agaragaza ko Paul Kagame wari watanzwe n’Umuryango FPR Inkotanyi yatsindiye kuyobora u Rwanda agize amajwi 99.18%

Aya matora yabaye tariki 14 ku Banyarwanda baba mu mahanga na tariki 15 Nyakanga 2024 ku batuye imbere mu gihugu.

Imibare y’agateganyo kandi igaragaza ko Dr. Frank Habineza wa Democratic Green Party of Rwanda yagize 0.50% mu gihe Mpayimana Philippe wiyamamaje nk’umukandida wigenga yagize amajwi 0.32%.

Amajwi ya mbere y’ibanze yari yatangajwe ku mugoroba wa tariki 15 Nyakanga 2024, na yo yagaragazaga ko Paul Kagame ari we uri imbere n’amajwi 99.15%, icyakora hari hakiri amajwi asaga miliyoni ebyiri atari yakabaruwe.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Odda Gasinzigwa yavuze ko mu Banyarwanda 9 071 157 bagombaga gutora, abatoye bose ari 8 907 876.

Abatoye neza ni 98.07% mu gihe imfabusa ari 0.14%

Gasinzigwa yavuze ko amajwi ya burundu azatangazwa bitarenze tariki 27 Nyakanga 2024.

Mpayimana na Habineza bari bahatanye na Paul Kagame, bemeye ko batsinzwe, ndetse bashimira uwabatsinze bamwifuriza ishya n’ihirwe.

Paul Kagame w’imyaka 66 yatangiye kuyobora u Rwanda muri Werurwe 2000 mu buryo bw’inzibacyuho. Mu 2003 ni bwo yatorewe manda ya mbere mu matora ya mbere yari abaye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Paul Kagame ni we waje imbere n'amajwi 99.18%

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages