Ku Leta y’u Rwanda, ibi ni ukwihunza inshingano Leta ya RDC ihabwa n’amasezerano y’amahoro ya Washington, yo gusenya uyu mutwe kugira ngo akarere k’Ibiyaga Bigari kagire amahoro arambye.
U Rwanda rugaragaza ko rufite amakuru yose kuri FDLR n’ubufatanye ikomeje kugirana n’ingabo za RDC, kandi ko yose rwayashyikirije umuhuza, ari we Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Umuvugizi wa FDLR, Cure Ngoma, na we aherutse kuvuga ko abarwanyi babo bose baherereye mu bice bigenzurwa na AFC/M23. Yabivuze nyuma y’aho uyu mutwe ugiranye na Leta ya RDC amasezerano yiswe ayo kurambika intwaro no gusubizwa mu buzima busanzwe.
Mu kiganiro na BBC, Cure Ngoma yagize ati "Nakubwira ko duherereye mu burasirazuba bwa Congo, by’umwihariko mu gipande M23 n’u Rwanda bigaruriye. Ni ukuvuga ngo muri rusange ingabo zacu ni ho zigaragara."
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi OIivier Nduhungirehe, yatangarije ku muyoboro ‘Agasaro Kaburaga’ ko kuvuga ko abarwanyi ba FDLR baba mu bice bigenzurwa na AFC/M23 ari ikinyoma cyakwirakwijwe na Leta ya RDC.
Ati "Ibyo ni ukubeshya kwa Guverinoma ya Congo. Hari izinjijwe mu ngabo, ari zo bakorana mu mirwano haba muri Kivu y’Amajyaruguru, haba muri Kivu y’Amajyepfo. Ibyo ni ibintu bizwi."
Minisitiri Nduhungirehe yasobanuye ko Leta ya RDC imenyereweho aya mananiza, kuko uretse no kuvuga ko abarwanyi ba FDLR bataba mu bice igenzura, mbere yanabanje kuvuga ko ari abasaza badashoboye kurwana cyangwa se ko batanabaho.


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!