00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame ategerejwe muri Kenya

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 May 2026 saa 01:52
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame ategerejwe muri Kenya mu nama y’ubufatanye bw’ibihugu bya Afurika n’u Bufaransa iri kubera i Nairobi kuri uyu wa 11, ikazakomeza no ku wa 12 Gicurasi 2026.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko iyi nama yitabirwa n’abakuru b’ibihugu bagera kuri 30, ikaba ifite insanganyamatsiko yo guteza imbere ibishya n’ubukungu.

Minisitiri Nduhungirehe yasobanuye ko iyi nama izaganirirwamo amahoro n’umutekano muri Afurika, ubuhuza bugamije amahoro kuri uyu mugabane uko hakemurwa ibibazo by’abimukira, kandi ko ibiganiro bizaba bifunguye ku buryo buri wese yabitangaho ibitekerezo.

Yagize ati "Abakuru b’ibihugu bazitabira iyi nama ngira ngo barakabakaba 30, bakaba bazaganira ku byerekeye amahoro n’umutekano, imari mpuzamahanga n’ukuntu ibihugu bya Afurika kuri iyo mari, ku byerekeye ibishya, hakaba hari inganda n’ibigo by’ubucuruzi bihari biturutse muri Afurika no mu Bufaransa."

Yatangaje ko u Rwanda nk’igihugu gifitanye umubano mwiza na Kenya izakira iyi nama ndetse n’u Bufaransa bwagize uruhare mu kuyitegura, kandi rukaba rufitemo inyungu, ruzayitabira ruhagarariwe na Perezida Kagame.

Ati "Nk’uko mubizi, turi igihugu giteza imbere udushya, giteza imbere uburumbuke mu by’ubukungu, ubucuruzi n’ishoramari, tukaba rero tuzitabira ibiganiro byose kugira ngo turebe ko Afurika yatera imbere, n’ubufatanye hagati ya Afurika n’u Bufaransa bugatera imbere ariko bishingiye ku nyungu z’impande zombi."

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yageze muri Kenya ku wa 10 Gicurasi kugira ngo yitabire iyi nama. Yagaragaje ko ubufatanye bwa Afurika n’igihugu cyabo bukwiye kubyarira inyungu buri ruhande kandi bugashingira ku bwubahane.

Perezida Kagame ateganya kwitabira inama ya Afurika n'u Bufaransa iri kubera muri Kenya
Minisitiri Olivier Nduhungirehe yamaze kugera i Nairobi, aho yitabiriye inama ibanziriza iy'abakuru b'ibihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages