00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame na Kiir bemeranyije ku buryo bumwe umwuka mubi muri RDC wahosha

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 23 February 2024 saa 11:35
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Sudani y’Epfo usanzwe ayobora umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Salva Kiir, basabye ibihugu biwugize kubahiriza inshingano buri kimwe gifite, bahuriza ku kuba kubahiriza imyanzuro y’inama ya Luanda na Nairobi, aribyo byashyira iherezo ku bibazo by’umutekano muke muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ni nyuma y’aho bagiranye ikiganiro nyunguranabitekerezo cyabereye i Kigali kuri uyu wa 22 Gashyantare 2024, cyitabiriwe n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mathuki.

Perezida Kagame na Kiir baganiriye ku mwuka uri mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, bagaragaza ko amahoro n’umutekano ari ingenzi kugira ngo imibereho y’abaturage n’ubukungu bitere imbere.

Mu nshingano ibihugu byo muri EAC bifite harimo guharanira imibanire myiza hagati y’ababituye, koroshya urujya n’uruza rw’abaturage no koroshya ubucuruzi bwambukiranya imipaka hagati yabyo.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ubunyamabanga bwa EAC rivuga ko Perezida Kagame na Kiir “Basabye ibihugu bigize umuryango kubahiriza inshingano bifite nk’uko bikubiye mu masezerano y’ishingwa ryawo.”

Baganiriye ku ntambara iri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagaragaza ko uburyo bunoze bwayihagarika ari ukubahiriza imyanzuro yafatiwe i Nairobi na Luanda mu 2022.

Perezida Kagame na Kiir bagaragaje impungenge z’uko intambara yo muri RDC yakwagukira mu bindi bihugu by’akarere mu gihe hatubahirizwa iyi myanzuro.

Perezida Kiir yavuye mu Rwanda yerekeza i Burundi mbere yo kujya muri RDC.

Perezida Kagame na Kiir baganiriye ku byafasha akarere kugira amahoro
Perezida Salva Kiir yaherekejwe na Dr Mathuki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages