00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yaganiriye n’abayobozi ba EAC ku kwihuza kw’Akarere

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 June 2026 saa 06:43
Yasuwe :

Perezida Kagame yakiriye itsinda ry’inzobere mu bijyanye n’itegeko nshinga zo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ziri kumwe n’abayobozi bo mu bunyamabanga bwawo, bayobowe n’Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’uyu muryango, Andrea Ariik Aguer.

Perezida Kagame yakiriye aba bayobozi ku wa 26 Kamena 2026 nk’uko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byabitangaje.

Village Urugwiro yavuze ko Ibiganiro bya Perezida Kagame n’aba bayobozi byibanze ku mirimo ikomeje gukorwa muri gahunda yo guhuza ibihugu bigize EAC (East African Political Confederation), harimo kureba aho imirimo yo gutegura Itegeko Nshinga ry’uyu muryango igeze n’ibindi bijyanye no kwihutisha iyi gahunda yo kwihuza kwa EAC.

East African Political Confederation ni uburyo bwatekerejwe n’ibihugu bigize EAC buzabifasha guhuza no gusangira inzego z’ingenzi.

Ibi bisobanuye ko ibihugu bya EAC bishobora gufatanya binyuze mu nzego zihuriyeho mu kwita ku ngingo z’ingenzi nk’umutekano, ububanyi n’amahanga, ubucuruzuzi, imiyoborere n’ibindi.

Ntabwo bivuze ko EAC yaba igihugu kiyobowe n’umuntu umwe, ahubwo ni uguhuza inzego z’ingenzi, ariko buri gihugu kigakomeza kugira Perezida, itegeko nshinga, guverinoma n’ubusugire bwacyo.

Ni umushinga ureba ibihugu bibarizwa muri EAC, birimo u Rwanda, u Burundi, Kenya, Tanzania, Uganda, Sudani y’Epfo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Somalia.

Uyu mushinga wemejwe mu 2017 nk’icyerekezo cy’igihe kirekire cyafasha Akarere kwigira. Icyakora kugeza ubu ntabwo uragerwaho nubwo imirimo igikomeje.

Nubwo ibijyanye n’amategeko mu kwihutisha imishinga ihuriweho bimaze kujya mu buryo, hari iby’ingenzi bitaranozwa nk’ubucuruzi hagati y’ibihugu bigize uyu muryango bwakomeje kugenda biguru ntege.

EAC igaragaza ko ubu bucuruzi bwagumye kuri 15% mu myaka nk’icumi ishize, imibare iri munsi ya 30% kugeza kuri 50% byateganywaga.

Icyakora ubucuruzi imbere muri EAC bwihariye ⅛ cy’ibyoherezwa mu mahanga. Ubucuruzi bw’akarere bwazamutse buva kuri 11,5% mu 2016 bugera kuri 12,2% mu 2024, ibigaragaza uburyo ibihugu bya EAC bicyishingikiriza ku bwo hanze yayo.

Perezida Kagame yakiriye aba bayobozi nyuma y’uko ku wa 17 Kamena 2026 na bwo yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Amb. Stephen Patrick Mbundi bakaganira ku bufatanye bw’u Rwanda n’uyu muryango rumazemo imyaka 19.

Perezida Kagame yakiriye abayobozi bo muri EAC
Perezida Kagame yaganiriye n’abayobozi ba EAC ku kwihuza kw’Akarere
Perezida Kagame aganiriza abayobozi baturutse muri EAC ku ngingo zijyanye no kwihutisha gahunda yo kwihuza k'uyu muryango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages