00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yaganiriye na bagenzi be bo muri EAC na SADC ku bibazo bya RDC

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 13 August 2025 saa 05:55
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame na bagenzi be bo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’amajyepfo (SADC), kuri uyu wa 13 Kanama 2025, baganiriye bifashishije ikoranabuhanga ry’iyakure.

Abakuru b’ibihugu baganiriye ku buryo amahoro yaboneka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’akarere muri rusange, hashingiwe ku myanzuro yafatiwe mu yahuje Umuyobozi Mukuru wa SADC, uwa EAC n’abahuza bashyizweho, yabaye tariki ya 1 Kanama.

Abandi bayitabiriye barimo Perezida Félix Tshisekedi wa RDC, Dr. William Ruto wa Kenya akaba n’Umuyobozi Mukuru wa EAC, Emmerson Mnangagwa uyobora Zimbabwe na SADC, Hakainde Hichilema uyobora Zambia, n’abanyamabanga bakuru b’iyi miryango.

Ibiro by’Umunyamabanga Mukuru wa EAC byasobanuye ko muri iyi nama, abakuru b’ibihugu baganiriye ku kongera Perezida Mokgweetsi Masisi wa Botswana mu Nteko y’abahuza b’Abanye-Congo.

Abakuru b’ibihugu baganiriye ku kwemeza imyanzuro yafatiwe mu nama yo ku wa 1 Kanama, irimo kongera umuhuza washyizweho n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Nteko y’abahuza bashyizweho na EAC-SADC.

Muri iyo nama kandi, abayitabiriye basabye ko ubunyamabanga tekiniki bwa Komisiyo ya AU, ubwa EAC n’ubwa SADC buhuzwa, bukaba ‘Ubunyamabanga buhuriweho’ buzayoborerwa na Komisiyo ya AU i Addis Abeba muri Ethiopia.

Byitezwe ko hatangazwa imyanzuro yafatiwe mu nama yabaye kuri uyu wa 13 Kanama.

Perezida William Ruto na Mnangagwa ni bo bayoboye iyi nama nk'abayobozi ba EAC na SADC
Perezida Tshisekedi wa RDC yitabiriye iyi nama
Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Veronica Nduva, (hagati) yitabiriye iyi nama

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages