00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Suluhu yanyomoje abayobozi ba RDC ku nshingano z’ingabo za EAC

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 20 March 2023 saa 10:51
Yasuwe :

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yanyomoje abayobozi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bamaze igihe bavuga ko ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) zagiye muri icyo gihugu kurwanya imitwe yitwaje intwaro, by’umwihariko M23.

Suluhu yavuze ko izo ngabo zagiye kubungabunga amahoro no gufasha impande zirwana mu Burasirazuba bwa RDC, gushyira intwaro hasi.

Yabitangaje mu mpera z’icyumweru gishize, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yakoreye muri Afurika y’Epfo.

Guhera mu Ugushyingo umwaka ushize, EAC yohereje ingabo mu Burasirazuba bwa Congo, zo gufasha impande zirwana gushyira hasi intwaro no kuyoboka inzira z’ibiganiro, nk’uko byagiye bifatwaho umwanzuro n’inama z’abakuru b’ibihugu byo mu karere.

Icyakora, Congo yagiye itangaza ibitandukanye, ikavuga ko by’umwihariko ingabo za EAC zaje kurwanya M23.

Mu ntangiriro za Gashyantare 2023, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Christophe Lutundula, yabwiye abanyamakuru ko ingabo za EAC ziri muri icyo gihugu kurwana n’imitwe yitwaje intwaro.

Icyo gihe yagize ati "Ni ukuri kwambaye ubusa, ingabo z’akarere zifite amabwiriza yo kurwana. Ndasaba ubihakana wese kunyereka izindi nyandiko zibivuguruza."

Perezida Suluhu yavuze ko atari ko biri, ko ingabo za EAC ziri muri Congo kugarura amahoro.

Ati "EAC yoherejeyo ingabo zifite inshingano zo kurinda amahoro, ntabwo twagiye kurwana, twagiye kuganira n’iriya mitwe kugira ngo bubahirize ibyo akarere twababwiye."

Yakomeje ati "EAC twagize amahirwe yo kuvana M23 mu gace kamwe bajya mu kandi, ariko nyine hariya hari imitwe myinshi, bagira batya bagashwana, bakongera kurwana. Ukuri ni uko twebwe EAC dufite gahunda ihamye yo gushakira amahoro kariya gace. Ntabwo turakurayo amaso."

Perezida Suluhu yavuze ko Congo nigira amahoro aribwo n’akarere kazagira amahoro, bagashyira mu bikorwa indi mishinga y’iterambere igamije ubuhahirane nko kubaka imihanda ya gariyamoshi iva muri Tanzania ikanyura i Burundi na Congo, ndetse n’uva Tanzania ukanyura mu Rwanda.

Perezida Suluhu yavuze ko ingabo za EAC zitagiye muri RDC kurwana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .