Ibi yabihamije kuri uyu wa 31 Ukuboza 2023 ubwo yagezaga ku Barundi ijambo risoza uyu mwaka.
Ndayishimiye yatangaje ko nyuma y’aho RED Tabara igabye igitero muri Gatumba tariki ya 22 Ukuboza, “ikica abasivili 22”, yasubiriye mu ijoro ryakeye rishyira tariki 31 Ukuboza 2023.
Ati “Turangije umwaka turi mu gahinda kadasanzwe kuko u Burundi bwongeye guhekurwa n’abicanyi bo mu mutwe w’iterabwoba RED Tabara ufite icyicaro mu gihugu cy’u Rwanda.”
Perezida w’u Burundi yatangaje ko ibihugu byombi byari bimaze igihe biganira ku buryo bwo kuwurandura, gusa ngo yasanze u Rwanda rwaramuryaryaga.
Ati “Mu bijyanye no kurandura uwo mutwe w’iterabwoba, twari tumaze igihe tuganira n’abayobozi b’igihugu cy’u Rwanda ngo turebe ko bakwikubita agashyi, bakabashyikiriza ubutabera bw’u Burundi ariko twaraye tubonye neza ko ibyo twaganiriye kwari ukudusuka ‘inkori’ ku maso, ahubwo bagumye babaha uburyo bwose bukwiye kugira ngo batwubire.”
Ndayishimiye yagaragaje kwicuza ko u Burundi bwafunguye imipaka yabwo n’u Rwanda mu Kwakira 2022, ateguza ko agiye gufata ingamba ahamya ko zizarinda Abarundi ibitero bya RED Tabara.
Ati “Ibyo twiyemeje ni uko tugiye gufata ingamba zose zishoboka kugira ngo abana b’u Burundi ntibakomeze kwicwa bunyamaswa n’ibyo birara. Dusabye Abarundi bose guhagarara kigabo kuko umutwe w’iterabwoba usasiwe by’ukuri mu gihugu gituranyi cy’u Rwanda.”
Nubwo Ndayishimiye ashinja u Rwanda gufasha RED Tabara, rwo ruherutse kubihakana rugaragaza ko ari urwitwazo dore ko uwo mupaka RED Tabara yifashisha igaba ibitero ugabanya u Burundi na Congo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!