00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakozi ba Bank of Africa bibutse abazize Jenoside, basabwa umusanzu mu kubaka u Rwanda

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 11 May 2024 saa 07:23
Yasuwe :

Abakozi ba Bank of Africa bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse basobanurirwa ko bakwiriye gukomeza kubaka u Rwanda nko kurengera ejo hazaza h’abazabakomokaho.

Ni igikorwa cyabaye ku wa Gatanu, tariki ya 10 Gicurasi 2024, aho aba bakozi basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi.

Basobanuriwe amateka y’u Rwanda, agaruka ku buryo umugambi wa Jenoside wateguwe ukanashyirwa mu bikorwa kugeza mu 1994, ubwo Abatutsi barenga miliyoni bicwaga.

Nyuma yo gusabanurirwa amateka atandukanye, bashyize indabo ku mva ziruhukiyemo imibiri y’inzirakarengane z’Abatutsi basaga ibihumbi 250 bazize Jenoside.

Abitabiriye uyu muhango banahawe ibiganiro bitandukanye bigaruka kuri aya mateka ashaririye igihugu cyanyuzemo ndetse banacana urumuri rw’icyizere nk’ikimenyetso cy’ahazaza hazira amacakubiri.

Mu kiganiro cyatanzwe n’Umuyobozi Mukuru wa Aegis Trust, Munyantwali Alphonse, yagaragaje ko ibyabaye mu Rwanda ari agahumamunwa.

Yagize ati “Niba igihugu cyarabashije kuva muri ako kaga nta muntu wabikekaga ubu abanyarwanda tukaba tubanye mu mahoro, ni uruhare rwa buri wese kugira ngo dukomeze kubakira abadukomokaho ejo heza. U Rwanda rwabayeho ku maraso y’Abanyarwanda, kurwubaka ni inshingano ya buri wese

Umuyobozi Mukuru wa Bank of Africa, Vincent Istasse, yavuze ko ibyabaye biteye agahinda ariko hari intambwe igomba guterwa mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ati “Imyaka 30 irashize ariko ntabwo ibyabaye bigomba kwibagirana.Turibuka abagabo, abagore ndetse n’abana bishwe ndetse bakanahohoterwa bazizwa ko ari Abatutsi.”

“Twe rero nk’ikigo cy’imari, dufite inshingano zo gukomeza kubaka ubumuntu mu kazi kacu kandi twirinda amacakubiri ayo ariyo yose mu kazi dukora ka buri munsi.”

Bank of Africa yifatanya n’u Rwanda ndetse n’Isi yose mu gikorwa ngarukamwaka cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abrenga miliyoni mu bice bitandukanye by’igihugu.

Umuhango wo Kwibuka wabimburiwe no gusobanurirwa ibice bigize Urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi
Bank of Africa ikora ibikorwa byo Kwibuka Jenoside buri mwaka
Mbere yo kwitabira ibiganiro abakozi ba Bank of Africa bashyize indabo ku mva zishyinguwemo imibiri y'Abatutsi barenga ibihumbi 250
Abakozi ba Bank of Africa bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Umuyobozi Mukuru wa Bank of Africa, Vincent Istasse, yashimangiye ko hari intambwe ikenewe mu gukomeza kubaka u Rwanda
Umuyobozi Mukuru wa Bank of Africa, Vincent Istasse, yatanze ubutumwa bw'ihumure ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
Nyuma yo gusura Urwibutso rwa Kigali, abakozi ba Bank of Africa bahawe ikiganiro ku mateka y'u Rwanda
Umuyobozi Mukuru wa AEGIS Trust, Munyantwali Alphonse, yitabiriye umuhango wo Kwibuka wa Bank of Africa
Umuhango waranzwe no gucana Urumuri rw'Icyizere cy'Abanyarwanda
Munyantwali Alphonze niwe watanze ikiganiro ku Kwiyubaka k'u Rwanda

Amafoto: Habyarimana Raoul


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages