00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Canal+ Rwanda iri kumara irungu abakunzi ba ruhago yerekana amarushanwa arimo Euro 2024

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 15 June 2024 saa 10:25
Yasuwe :

Sosiyete icuruza Amashusho ya CANAL+ Rwanda yashyize igorora abakunzi ba ruhago aho iri kwerekana imikino yose y’Igikombe cy’u Burayi ndetse ikazanabereka n’icya Amerika y’Amajyepfo binyuze kuri shene z’Icyongereza.

Ku wa Gatanu, tariki ya 12 Kamena 2024, ni bwo hatangiye kuba irushanwa rihuza amakipe y’ibigugu riri kubera mu Budage ndetse rikaba ryaranitabiriwe n’amakipe 24.

CANAL+ Rwanda yaboneyeho gutangariza abakiliya ba siporo ko by’umwihariko abatunze dekoderi zayo ko bazashobora gukurikirana imikino itandukanye irimo Euro 2024, Copa America, NBA ndetse n’Imikino Olempike.

Abatunze dekoderi za CANAL+ bazakurikirana imikino n’abasesenguzi bayigarukaho binyuze mu rurimi rw’Icyongereza ku mashene ya SuperSport+ [shene ya 474] no kuri SuperSport Premier League [shene ya 473].

Aya mashene yose aboneka umukiriya abashije kongera 8000 Frw ku ifatabaguzi yari asanganywe rya CANAL+ kugira ngo hafunguke amashene yo mu rurimi rw’icyongereza.

Guhera tariki ya 20 Kamena kugeza ku ya 14 Nyakanga 2024, andi makipe ahiga andi muri Amerika y’Amajyepfo n’iyo Hagati azahurira mu irushanwa rya Conmebol Copa America.

Ni irushanwa abakunzi ba ruhago batunze dekoderi za CANAL+ bazakurikirana ryose ku mikino 32 izaba irimo ibihangange muri Ruhago barimo Lionel Messi na Vinicius Junior.

Hazaba kandi ikiganiro cyihariye kuri Canal Copa America kizagaruka kuri iri rushanwa rizaba riri kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Usibye ayo marushanwa ahatse andi, abakunda imikino ya Olempike izaba iri kubera mu Bufaransa bazayikurikira tutibagiwe Wembledon muri Tennis, Formula 1 na MOTO.

Canal+ Rwanda iri kumara irungu abakunzi ba ruhago yerekana amarushanwa arimo Euro 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages