00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FAO yiyemeje gukomeza gusigasira amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 10 June 2025 saa 11:17
Yasuwe :

Abayobozi n’abakozi b’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa n’Ubuhinzi (FAO), n’ab’Ikigega Mpuzamahanga Giteza Imbere Ubuhinzi (IFAD), bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeza gukomeza gusigasira amateka kugira ngo atazibagirana.

Ni mu gikorwa cyabaye ku wa Mbere, tariki ya 9 Kamena 2025, aho cyabereye ku biro bya FAO, hibukwa abari abakozi bayo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iki gikorwa cyakurikiwe n’umuhango wo kujya gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama ruri i Bugesera. Aha basuye ibice bitandukanye birugize.

Ibi birimo amateka yihariye y’uburyo Abatutsi bari bahungiye muri kiliziya bizeye kuharokokera, bishwe urw’agashinyaguro.

Mu buhamya bwatanzwe na Nkundanyirazo Elvis Blaise, yavuze ko we n’ababyeyi be bamaze igihe kinini mu buhinzi kubera politiki y’ivangura yari iriho mu Rwanda icyo gihe.

Nkundanyirazo yakomeje avuga ko ubwo yagendaga yihisha abicanyi babahigaga mu 1994, yatabawe n’Ingabo z’Inkotanyi yongera kugira icyizere cyo kubaho.

Umuyobozi uhagarariye IFAD mu Rwanda, Dagmawi Habte-Selassie, yavuze ko abantu bakwiye kwiga bakanamenya ko ari ngombwa kuzirikana ingaruka zituruka ku macakubiri ashingiye ku moko n’andi menshi, bityo bakayirinda.

Ati “Twese tuvuka tutarihitiyemo aho tuzavukira cyangwa ubwoko tuzavukamo. Ariko kugeza n’uyu munsi hari amacakubiri menshi akomoka ku moko hirya no hino ku Isi. Ndashimira ibyo u Rwanda rukora muri uru rugendo rwo kwibuka no kurwanya ivangura.”

“Ni urugendo rukomeye aho buri mwaka usubira mu mateka y’ibyabaye. Ariko ni ingenzi cyane kuri twe tutari duhari. Bitwereka ko dukwiye kuzirikana no gutekereza byimbitse ku muryango.”

Umuyobozi uhagarariye FAO mu Rwanda, Nomathemba Mhlanga (Noma), yavuze ko iyo bibuka, batibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi gusa, ahubwo hanazirikanwa ubutwari bw’abarokotse binyuze mu kwihangana kwabo n’imbaraga zo gukomera zabaranze nk’Abanyarwanda.

Ati “Kwibuka ni ugusigasira amateka no guha Abatutsi agaciro bambuwe. Hashize imyaka 31 ariko igihe ntigikiza ububabare abarokotse bagize. Ibikomere si amateka gusa, ni ubuzima bwabo bwa buri munsi. Ni igikomere gisaba guhora uzirikana, ariko kandi gisaba impuhwe n’ubufasha buhoraho.”

Nomathemba yagaragaje ko Abarokotse Jenoside bahisemo gukomera aho guheranwa n’agahinda, kandi imbaraga zabo ari ishusho nyakuri y’ubutwari n’ishema, bityo ari urufatiro rw’ubwiyunge n’isanamitima mu Banyarwanda.

Basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Abakozi ba FAO bari gushyira indabo ku mva zishinguwemo abiciwe muri Kiliziya ya Ntarama
Abayobozi n'abakozi ba FAO bari kumwe n'aba IFAD basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama
Abayobozi n'abakozi ba FAO na IFAD mu Rwanda bafashe umwanya wo kuzirikana Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Basuye Kiliziya yiciwemo umubare munini w'Abatutsi bayihungiyeho bazi ko bagiye mu nzu y'Imana ariko baza kwica
Nkundanyirazo Elvis Blaise watanze ubuhamya, yashimiye Leta y'Ubumwe yagaruye ubuzima mu Rwanda
Hibutswe abari abakozi ba FAO bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyatangiriye ku biro bya FAO, bazirikana abari abakozi bayo bishwe
Iyi nzu yari igikoni cya Kiliziya ya Ntarama yatwikwiwemo Inzirakarengane z'Abatutsi
Ubwo basuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama basobanuriwe amateka y'uburyo Jenoside yateguwe kugeza ishyizwe mu bikorwa by'umwihariko abiciwe muri Kiliziya ya Ntarama
Umuyobozi uhagararariye FAO mu Rwanda, Nomathemba Mhlanga (Noma), ari gusinya mu gitabo cy'abasuye Urwibutso rwa Ntarama
Umuyobozi uhagararariye FAO mu Rwanda, Nomathemba Mhlanga n'Umuyobozi uhagarariye IFAD mu Rwanda, Dagmawi Habte-Selassie, bari gushyira indabo ku mva zishyinguwemo Abatutsi biciwe i Ntarama
Umuyobozi uhagararariye FAO mu Rwanda, Nomathemba Mhlanga (Noma), yavuze ko bazakomeza gufatanya n’inzego za Leta n’umuryango Nyarwanda mu kurushaho kubaka ubumwe
Umuyobozi uhagarariye IFAD mu Rwanda, Dagmawi Habte-Selassie, ari gusinya mu gitabo cy'abasuye Urwibutso
Umuyobozi uhagarariye IFAD mu Rwanda, Dagmawi Habte-Selassie, yavuze ko nubwo hari ahakirangwa amacakubiri ku Isi, ariko ashimira uburyo u Rwanda rwarwanyije ivangura iryo ari ryo ryose

Amafoto: Munyemana Isaac


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages