00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwibohora 31: Techno Market Ltd yashimiye abakiliya bayihisemo mu rugendo rw’iterambere

Yanditswe na IGIHE
Kuya 4 July 2025 saa 11:49
Yasuwe :

Tariki ya 4 Nyakanga ni umunsi udasanzwe mu mateka y’u Rwanda kuko hizihizwa umunsi wo Kwibohora, aho Abanyarwanda bibuka intwari zababereye urumuri, zibazanira amahoro, ubumwe n’iterambere.

Urugendo rw’imyaka 31 yo kwibohora, u Rwanda rwabaye igihugu cy’icyitegererezo, cyubakiye ku ndangagaciro zo gukunda igihugu, kurengera ubuzima bwa muntu, no kwimakaza ubunyarwanda.

Ubutumwa Techno Market Ltd yasangije abakiliya bayo ku wa 4 Nyakanga 2025 bugaragaza ko “turashimira byimazeyo abakiliya bacu b’ingenzi badahwema kutugirira icyizere, kudushyigikira no kudufasha gukomeza gutanga serivisi zinoze.”

Techno Market Ltd ihamya ko kwibohora ari “ukugira amahitamo meza, harimo no kwibohora ingoyi yubukene, ni uguhitamo ubuziranenge. Mwarakoze kuduhitamo nk’abafatanyabikorwa banyu mu bijyanye n’icapiro (Printing) n’ibindi byifashishwa mu kumenyekanisha ibikorwa byanyu.”

Iyi sosiyete ihamya ko baharanira gukomeza kuba abafatanyabikorwa beza, bageza ku babagana ibisubizo bijyanye n’igihe, mu bwiza, ubunyamwuga no guhanga udushya.

Iti “Twifurije buri wese Umunsi Mwiza wo Kwibohora ku nshuro ya 31. Dukomeze Twubake u Rwanda Twifuza!”

Techno Market ni imaze igihe ifasha abaturarwanda ku bijyanye n'icapiro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages