00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

MTN yahuje imbaraga na Itel muri gahunda yo kugeza telefone zigezweho ku Banyarwanda

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 25 March 2023 saa 09:23
Yasuwe :

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda ifatanyije na sosiyete ikora ikanacuruza telefone, Itel bahuje imbaraga muri gahunda yo gufasha Abanyarwanda kubona telefone zigezweho ku mafaranga make yishyurwa mu byiciro na internet yihuta ya 4G.

Ni gahunda MTN Rwanda yatangizanyije na telefone nshya ya Itel, A60 ikoresha internet y’umuvuduko wa 4G, aho umuturage azajya agura iyi telefone akishyura mu byiciro bitewe n’ubushobozi afite, bikamuha amahirwe yo kwishyura ku munsi, mu cyumweru cyangwa ku kwezi.

Iyi telefone iri ku mafaranga ibihumbi 75Frw gusa, bitewe n’amahitamo n’ubushobozi bw’umuguzi azajya yishyura 335Frw ku munsi, mu gihe ahisemo kwishyura mu cyumweru ni 2525 Frw, naho ku kwezi ni 10,100 Frw.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa byo kwamamaza muri MTN Rwanda, Ruhinguka Desire yavuze ko iyi gahunda ije gukemura ikibazo cya telefone zigezweho ziri ku isoko ziba zihenze kubera ko zifite ubushobozi bwo gukoresha internet inyaruka.

Ati, “Abantu bakoresha serivisi za interinete mu Rwanda nkuko bigaragazwa na RURA , barenga miliyoni 3. Ariko 4G ubwayo abantu bayikoresha ntabwo bageze mu cya kabiri cyabo.”

Avuga ko impamvu nini ibitera ari uko igiciro cyo kugura telefone za 4G kiri hejuru ukurikije telefone zindi zisanzwe zifite 3G.

Ati "Iyi telefone A60 ije ari nk’igisubizo kuri icyo kibazo ku bafatabuguzi bacu benshi bari bafite n’Abanyarwanda muri rusange.”

Yakomeje avuga ko mu gihe telefone zifite 4G ziri ku giciro kiri hejuru kuri uyu munsi ndetse usanga bamwe mu bakenera internet iri hejuru batabona ubushobozi bwo kuzigura, Itel A60 yashyizwe ku mafaranga make n’uburyo bwo kuyishyura mu byiciro kugirango babashe nabo kuyitunga.

Kuri uyu munsi serivise zitangwa mu gihugu zitangwa hakoreshejwe ikoranabuhanga ndetse bisaba interinete iri hejuru no kuba utunze telefone igezweho kugirango ujyane n’iterambere ry’uyu munsi.

Ibi nibyo MTN yiyemeje mu gufasha umuturage gutunga telefone igezweho binyuze muri gahunda yo kuzibona bise ‘Macye Macye’.

Umuyobozi mukuru wa Itel, Charles Wang yavuze ko gukorana na MTN Rwanda, sosiyete isanzwe iri ku isonga mu gutanga serivisi nziza z’itumanaho mu Rwanda ari inzira nziza yo kugeza interinete iri ku muvuduko wo hejuru ku baturage.

Ati "Ubufatanye hagati ya MTN na Itel ni uburyo bwiza bwo kugeza interinete iri ku muvuduko wa 4G ku bakiliya bacu b’Abanyarwanda. Turizerako ubu bufatanye buzatuma bikunda tukagera ku ntego yacu."

Iyi telefone ya Itel A60 ifite umuvuduko wa interinete ya 4G, ifite batiri imaramo umuriro igihe kirekire, ifite umwanya wa GB 32. Wayisanga mu maduka ya MTN n’amaduka ya Itel ari hirya no hino mu Rwanda.

Telefoni ya A60 ikoresha telefoni y'umuvuduko wa 4G ikagura ibihumbi 75Frw
Abatafanyabikorwa ba MTN na Itel, Junior Giti, Salima Mukansanga na Chris Eazy mu bitabiriye ubu bufatanye hagati y'ibi bigo
Itel yamuritse telefone ya A60 ifatanyije na MTN
Umusifuzi Mukansanga Salima ni Brand Ambassador wa MTN Rwanda
Uwizeyimana Marc wamenyekanye nka Rocky Kirabiranya ni umwe mu ba Brand Ambasador ba Itel
Umuyobozi mukuru wa Itel, Charles Wang yavuze ko ubufatanye hagati na MTN ari uburyo bwiza bwo gutanga serivise zinoze ku bakiliya
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa byo kwamamaza muri MTN Rwanda, Ruhinguka Desire yavuze ko iyi telefone ije gukemura ikibazo cy'ubushobozi buke bwo kugura telefoni ifata 4G

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages