00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

MUA Insurance yasuye Urwibutso rwa Ntarama inaremera abarererwa muri Gasore Serge Foundation

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 25 June 2024 saa 06:13
Yasuwe :

Abakozi n’abayobozi b’ikigo cy’ubwishingizi cya MUA Insurance Ishami ry’u Rwanda, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera ndetse banaremera abana barererwa mu Kigo cya Gasore Serge Foundation cyashinzwe na Gasore Serge warokokeye muri uwo murenge.

Iki gikorwa cyabaye ku itariki ya 21 Kamena 2024 kibanzirizwa no gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama.

Abakora muri MUA bunamiye ndetse bashyira indabo ku mva zishyinguwemo abagera ku bihumbi 6 barimo abarenga ibihumbi 5 bari barahungiye ku rusengero rw’Abagatolika ruri muri uru Rwibutso bahicirwa ku itariki ya 15 Mata 1994.

Nyuma yo gusura ibice birugize, abakozi ba MUA bakomereje mu Kigo cya Gasore Serge Foundation basanzwe bafasha mu Kurera abana bakomoka mu miryango itishoboye ndetse n’ibindi bikorwa binyuranye bifasha umuryango mugari uhakikije.

Batambagijwe ibice binyuranye bikigize cyane cyane ibyongewemo vuba harimo ivuriro rifite n’aho abagore babyarira, ahakorerwa ubudozi, amashuri n’amacumbi y’abanyeshuri ari kubakwa ndetse n’ibibuga by’imikino.

Aha harererwamo abana kuva ku b’inshuke kugera ku biga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye ariko kirateganya kurera kugeza mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye bijyanye n’uko abanyeshuri bacyo bagenda bimuka.

Gasore Serge warokokeye mu Murenge wa Ntarama akiyemeza gushinga iki kigo yiyemeje kuzafasha umuryango mugari w’abahatuye mu bikorwa by’iterambere ndetse ibi bikaba byaramuhesheje kuba Umurinzi w’Igihango ku rwego rw’Igihugu.

Mu rwego rwo kwifatanya n’abarererwa muri iki kigo, abakora muri MUA bakoranye ibikorwa bitandukanye birimo gusangira na bo, gusabana babereka impano bifitemo ndetse hanakinwe umupira w’amaguru hagati y’abakora muri MUA Insurance n’abakora muri Gasore Serge Foundation.

Umukozi ushinzwe abakiriya, amasoko, n’ibikorwa bifasha umuryango mugari muri MUA Insurance, Aisha Msalem yavuze ko ibikorwa bakoze biri mu murongo wabo usanzwe wo gufasha guteza imbere umuryango mugari.

Umuyobozi Mukuru wa MUA Insurance mu Rwanda, Bugingo Konde yavuze ko ikigo ayoboye kizakomeza gushyigikira uko gishoboye kose ibikorwa bya Gasore Serge Foundation kuko ari uguteza imbere ejo hazaza h’abana b’u Rwanda.

MUA Insurance Rwanda ni ikigo gitanga ubwishingizi bw’igihe gito cyatangiye mu 2006 kitwa Phoenix of Rwanda Assurance.

Mu 2014 nibwo cyahinduye izina nyuma yo guhuzwa na MUA Group ikomoka mu Birwa bya Mourice ikaba irimo ibigo bitanga serivisi z’ubwishingizi no mu bindi bihugu by’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Bunamiye inzirakarengane zishyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama
MUA Insurance yateye inkunga Urwibutso rwa Ntarama
Abana bavuze imbwirwaruhame berekena impano bafite
Beretswe ikigo cy'ivuriro kirimo n'inzu y'ababyeyi
Beretswe amashuri azatangira kwigirwamo muri Nzeri uyu mwaka
Basangiye n'abana
Basuye ibibuga bitandukanye
Abiganjemo abakobwa babyarire iwabo bigishwa kudoda muri iki kigo
Aisha Msalem yavuze ko ibikorwa bakoze biri mu murongo wabo usanzwe wo gufasha guteza imbere umuryango mugari
Bafashe ifoto y'urwibutso
Bakinnye umupira w'amaguru mu rwego rwo gusabana
Iki kigo cyigamo abana bagera kuri 600
Ubuyobozi bwa Gasore Serge Foundation buha ikaze abakora muri MUA Insurance
Umuyobozi Mukuru wa MUA Insurance mu Rwanda, Bugingo Konde yavuze ko ikigo ayoboye kizakomeza gushyigikira ibikorwa bya Gasore Serge Foaundation
Abana berekanye impano bifitemo

Amafoto: Ishimwe Alain Kenny


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages