Iyi raporo yashyizwe hanze ku wa 15 Mata 2026 igaragaza ko abantu bapfiriye mu mijyi barimo 58,6% bapfiriye ahatari ku ivuriro naho 41,4% bapfira ku ivuriro. Abapfiriye mu cyaro, 61,3% bapfiriye ku ivuriro mu gihe 38,7% bapfiriye ahandi hatari ku ivuriro.
Intara y’Iburasirazuba ni yo yapfushije abantu benshi, bagera kuri 10.085 ikurikirwa n’iy’Amajyepfo yapfushije abantu 9.202. Intara y’Iburengerazuba yapfushije abantu 8.853, iy’Amajyaruguru hapfa abantu 6.680 mu gihe abo mu Mujyi wa Kigali bapfuye ari 4.227. Abantu 308 barapfuye bo ntihamenyekana intara bakomokamo.
Ubusesenguzi bwakozwe na NISR bwagaragaje ko mu baguye mu mavuriro, 49,5% bishwe n’indwara zitandura, mu gihe abapfiriye hanze bishwe n’indwara zitandura ari 58,8%.
Abahitanwa n’ibindi birimo ibikomere biganje cyane mu bapfira mu ngo bangana na 14,3%, mu gihe abapfira mu mavuriro ari 10,5%. Indwara zandura zihitana abantu bageze ku mavuriro bangana na 40%, abagwa mu rugo bakaba 26,9%.
Mu bapfiriye kwa muganga harimo abarenga 14,9% bishwe n’ibibazo bagize mbere cyangwa nyuma yo kubyara, abandi 6% bishwe n’indwara zo mu myanya y’ubuhumekero, 4,3% bishwe n’indwara zifata urwungano rw’imitsi ijyana amaraso mu bwonko, mu gihe impanuka zo mu muhanda na diabete byishe 2,7%.
Ku bapfiriye mu rugo cyangwa hanze y’ivuriro hakunze gukorwa isuzumamurambo rushingiye ku magambo (autopsie verbale), babaza nyir’umuntu icyamuhitanye. Impamvu zagaragaye cyane ni indwara z’umutima zishe abarenga 27,3%, ibibyimba bifata inyama zo mu nda nk’umwijima n’urwagashya byahitanye abantu 8%, naho 5% bazize ubwicanyi.
Virusi itera SIDA n’uruhererekane rw’indwara ziyishamikiyeho byahitanye 4,9%, mu gihe Stroke yahitanye 4,6%.
Abana bavuka bariyongereye
Iyi raporo igaragaza ko abana bavutse mu 2025 ari 356.838, imibare igaragaza ko biyongereye ugereranyije n’umwaka ushize aho hari havutse abana 341.029.
Mu bana bavutse harimo abahungu 180.795, mu gihe abakobwa ari 176.043. Abandikishijwe muri sisiteme batarengeje iminsi 30 bavutse ni 99,1%. Abanditswe bakererewe ni 3.323.
Muri uyu mwaka abana bavukanye impuzandengo y’amagarama 3.070, mu gihe mu 2024 bari bavukanye impuzandengo y’amagarama 3.084. Abana bavukanye ibilo bike bageze kuri 8,1% bavuye kuri 7,8% mu 2024.
Mu bana bandikishijwe, 8% bavutse ku bagore bafite imyaka iri hagati ya 15 na 19. Abana 24,2% babyawe n’abagore bafite imyaka 20-24, mu gihe abana 23,9% babyawe n’abagore bafite imyaka 25-29, abagore bafite imyaka 30-34 bandikishije abana 19,8%, mu gihe aba 35-39 bandikishije abana 15,4%.
Abana bavuka bandikirwa ku ivuriro bavukiyeho cyangwa ku rwego rw’akagari.
Muri rusange imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) igaragaza ko kuva mu 2022 kugeza mu 2025 mu Rwanda havutse abantu 1.032.226, hapfa abandi 133.796.








