00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyasudani baba mu Rwanda bamaganye ubwicanyi bukomeje gukorerwa bagenzi babo mu Mujyi wa El Fasher

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Khalid Musa Dafalla, yifatanyije n’Abanyasudani baba mu Rwanda mu kwamagana ubwicanyi bukomeje gukorerwa bene wabo mu Mujyi wa El Fasher, bukozwe n’Umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) uhanganye na Leta ya Sudani.

Kuva mu 2023 iyi ntambara yatangira, abarenga ibihumbi 150 bahasize ubuzima, miliyoni 12 bava mu byabo, igihugu cyibasirwa n’amapfa.

Kuri ubu Umujyi wa El Fasher ni wo uri kuberamo imirwano ikomeye kuva uwo mutwe wawigarurira abaturage barenga ibihumbi 60 bamaze kuva mu byabo.

Kuri iki Cyumweru, ni igikorwa cyahurije hamwe abanyasudani baba mu Rwanda, abanyeshuri n’abashoramari bo muri icyo gihugu bakorera mu Rwanda.

Umuyobozi w’Umuryango w’Abaturage b’Abanyasudani baba mu Rwanda, Hassan Mustafa, yabasabye gukomeza gushyigikira bagenzi babo bari kugabwaho ibitero muri El Fasher.

Yasabye Perezida w’Agateganyo wa Sudan, Gen Abdel-Fattah Al Burhan Abdelrahman, guharanira kugarura amahoro mu gihugu no kukirwanira kandi yemeza ko bakomeje gusengera ingabo za Leta ngo zitsinde urugamba.

Ati “Ndizera ko iri jwi rizagera kuri Sayyid Abdul Fattah Al-Burhan, ku bihugu binyuranye no mu maraso ya buri muntu wifuza ubwigenge, dufite ideni ku bavandimwe bacu, dufite ideni ku gihugu cyacu. Tugomba kwemeza byibuze ikintu kimwe. Dusenga umunsi n’ijoro ko iki gisirikare kizatsinda, kuko ubu ari cyo kiyoboye urugamba. Nashakaga kuvuga ko uyu mwanya atari uwo mu nyandiko, ahubwo ari umwanya w’ububabare buvuye mu mutima.”

Umugore uhagaraririye abandi banyasudani bari mu Rwanda, Wisal Abdel Hamid, yagaragaje ko bababajwe n’abana n’abagore bakomeje kwicwa mu ntambara, abafatwa ku ngufu, abasambanywa n’abandi bakorerwa ihohoterwa, asaba amahanga n’ibihugu bishyigikiye umutwe wa RSF guhagarika inkunga bitanga kuri uyu mutwe.

Ati “Twebwe, abagore b’Abanyasudani, twahagurutse duharanira uburinganire, kugeza igihe ubutumwa bwacu bugereye mu bihugu bikomeye, bifite ubwibone n’igitugu, ndetse no muri y’amashyirahamwe yitwaza ko akorera kurengera ikiremwamuntu n’abagore.”

Defence Attaché muri Ambasade ya Sudani mu Rwanda, Brig Gen Mohamed Mirghani Yousif Mohamed, yashimangiye ko ingabo za Leta zigomba gutsinda uko byagenda kose zikisubiza ibice byigaruriwe n’abarwanyi b’uyu mutwe.

Abanyeshuri biga mu Rwanda bashimye uko rwemeye kubakira bagakomeza amasomo yabo, basaba ko intambara yarangira kuko nta cyiza cyayo ahubwo ko iri guhitana abavandimwe babo.

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Khalid Musa Dafalla, yashimangiye ko kwishyira hamwe kwabo kugamije kwifatanya n’abagizweho ingaruka n’intambara.

Yavuze kandi ko bagamije gutanga ubutumwa ku miryango mpuzamahanga ikomeje kureberera mu gihe igihugu cyabo cyugarijwe n’ibikorwa byibasira inyokomuntu.

Ati “Turi hano gushyigikira abagirwaho ingaruka n’ibitero bari muri sudani, kugaragaza ugushyigikira guverinoma ya sudani ngo ibohore igihugu, ihagarike intambara inaharanire amahoro n’umutekano.”

Yavuze ko ibiri kubera mu gihugu cye ari Jenoside kuko abaturage bari kwicwa hashingiwe ku moko.

AmbDafalla yagaragaje ko iki gikorwa cyabereye mu bice bitandukanye hirya no hino ku Isi kugira ngo bereke Isi ko ikwiye kugira icyo ikora ku bikomeje kubera muri Sudani.

Abanyasudani bari bafite ibyapa
Abakuze nabo bari bafite amabendera y'igihugu
Abanyasudani baba mu Rwanda biganjemo urubyiruko
Abagore nabo bari baje kwifatanya na bagenzi babo
Ambasaderi Khalid Musa Dafalla na Defence Attaché muri Ambasade ya Sudani mu Rwanda, Brig Gen Mohamed Mirghani Yousif Mohamed,
Umuyobozi w’Umuryango w’Abanyasudani baba mu Rwanda, Hassan Mustafa, yabasabye gukomeza gushyigikira bagenzi babo bari kugabwaho ibitero muri El Fasher
Umugore uhagaraririye abandi bagore b’abanyasudani bari mu Rwanda, Wisal Abdel Hamid, yagaragaje ko bababajwe n'abagore n'abana bari kwicirwa mu ntambara
Umunyeshuri uhagarariye abandi banyeshuri bo muri Sudani biga mu Rwanda, Mualla Hasaballah, yashimye uko u Rwanda rwabakiriye neza
Abanyasudani baba mu Rwanda bari bitabiriye ari benshi
Defence Attaché muri Ambasade ya Sudani mu Rwanda, Brig Gen Mohamed Mirghani Yousif Mohamed, yashimangiye ko ingabo za Leta zigomba gutsinda uko byagenda kose
Defence Attaché muri Ambasade ya Sudani mu Rwanda, Brig Gen Mohamed Mirghani Yousif Mohamed, ari kumwe n'abaturage
Abanyasudani basabye amahanga kureba ku biri kubera muri Sudani
Abanyasudani bahamagariye amahanga guharanira ko intambara yahagarara
Uhagarariye abarimu bo muri Kaminuza b'abanyasudani, Samir Shaheen na we yaganirije bagenzi be
Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Khalid Musa Dafalla, yashimangiye ko kwishyira hamwe kwabo kugamije kwifatanya n’abagizweho ingaruka n’intambara
Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Khalid Musa Dafalla, yamaganye ibiri kubera muri Sudani

Amafoto: Habyarimana Raoul


Special pages