Igitangaje ni uko muri iki gihe umuntu uvuze ku gupfusha hazamuka ikiguzi bizatwara, benshi bemeza ko gihanitse cyane.
Byatuma wibaza uti, ‘Ese ubundi ni amafaranga angahe yishyurwa ku irimbi umuntu agiye gushyingurwa mu Rwanda? Umukene akura he ayo kwishyura?’.
Irimbi rya Rusororo, ni rimwe mu yihagazeho mu Rwanda ashyingurwamo abantu b’ingeri zitandukanye, yaba abanyepolitike, ibyamamare, abakire, abakene ndetse n’abandi.
Muri iyi video, Umuyobozi wa Sosiyete Cons. Tech icunga iricunga, Anselme Nkusi, asobanura uko ibiciro byaho bimeze.




